Umwanzi twamwirukanye Kanyabayonga tumugeza kure hashoboka: Lt Col Willy Ngoma

Sangiza iyi nkuru

Umutwe wa M23 biciye mu muvugizi w’Igisirikare cyawo, Willy Ngoma, wemeje ko wirukanye Ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mujyi wa Kanyabayonga wo muri Teritwari ya Rutshuru.

Lt Col Willy Ngoma mu butumwa yahaye umunyamakuru wa BWIZA nyuma yo kumubaza niba M23 ari yo igenzura Kanyabayonga, yamubwiye ko “twirukanye umwanzi tumugeza kure hashoboka”.

Amakuru avuga ko mu ijoro ryakeye ari bwo M23 yigaruriye Kanyabayonga, nyuma y’uko Ingabo za leta zari zimaze guhunga uyu mujyi.

Kugeza ubu uruhande rw’Ingabo za Leta ya Congo ruracyatsimbaraye ku kuvuga ko ingabo zayo ari zo zigenzura hariya hantu.

Icyakora nk’ikinyamakuru Politico gikorera mu kwaha kwa Leta y’i Kinshasa mu mwanya washize cyari cyanditse ko FARDC yavuye Kanyabayonga, mbere yo guhindura imvugo.

M23 yemeje ko ari yo igenzura uyu mujyi, mu gihe hari hashize iminsi itandatu irwanira mu nkengero zawo n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’abagifasha barimo FDLR.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *