UN yategetse CAR gufungura abasirikare b’u Bufaransa, ishingiye ku budahangarwa bafite

Sangiza iyi nkuru

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye (UN), Antonio Guterres yategetse ubutabera bwa Repubulika ya Centrafrica (CAR) kurekura abasirikare bane b’u Bufaransa buherutse guta muri yombi, bushingiye ku budahangarwa bafite nk’abari mu butumwa bw’amahoro.

Aba basirikare baterewe muri yombi imbere y’ikibuga cy’indege mpuzamahanga cya Bangui, tariki ya 21 Gashyantare 2022, ubwo bari baherekeje Komanda w’ingabo ziri mu butumwa bwa UN muri CAR buzwi nka MINUSCA, Gen. Stephane Marchenoir wajyaga mu Bufaransa. Bivugwa ko baketsweho umugambi wo gushaka kwica Perezida Faustin-Archange Touadéra.

Inkuru y’ifungwa ryabo https://bwiza.com/?CAR-Abasirikare-4-b-u-Bufaransa-bafashwe-bakekwaho-gushaka-kwica-Perezida

Umushinjacyaha Mukuru wa CAR, Laurent Lengande yamaze gutangaza ko ibazwa ry’aba basirikare ryatangiye mu rwego rw’iperereza rigamije kumenya ukuri ku cyaha bakurikiranweho.

Inkuru yerekeye iperereza https://bwiza.com/?CAR-Hahishyuwe-impamvu-zikomeye-zatumye-abasirikare-bane-b-u-Bufaransa-batabwa

Ariko Guterres mu itangazo yasohoye abinyujije ku Muvugizi we, Stéphane Dujarric, yatangaje ko hashingiwe ku masezerano UN yagiranye na CAR mu 2014, abasirikare bari muri MINUSCA bahawe ubudahangarwa mu nyungu za UN.

Yasobanuye kandi ko aya masezerano hari uburyo yateganyije bwo gukurikirana abasirikare ba MINUSCA, ariko ngo CAR ntabwo yigeze iyubahiriza.

Guterres yategetse CAR kurekura aba basirikare nta cyitaweho, kandi bidatinze. Ati: “Umunyamabanga Mukuru arasaba CAR kubahiriza inshingano zayo zishingiye ku itegeko mpuzamahanga, harimo na sitati y’amasezerano y’ingabo, kandi ikabarekura byihuse, ikabashyikiriza MINUSCA. Aremeza k hakomeza ubufatanye n’umusanzu wa UN kuri CAR.”

Guterres atanze iri tegeko mu gihe byavugwaga ko hari kuba ibiganiro hagati ya MINUSCA na CAR, bigamije kureba uko aba basirikare bafungurwa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *