Abahoze ari abasirikare ba ONU bakomoka muri Ethiopia, 120 basabye ubuhungiro muri Sudani nk’uko byamenyeshejwe ONU ku cyumweru ko banze gusubira iwabo. Abo bahoze muri UNAMID, babungabunga amahoro muri Sudani, banze gusubira iwabo nyuma y’aho igihe cyabo cyari kirangiriye mu Kuboza 2020. Byari biteganyijwe ko bataha iwabo gusa Umuvugizi wa UNAMID, yavuze ko abo basirikare basabye kurindwa n’amahanga. HCR nayo ivuga ko aba basirikare basabye ubuhungiro muri Sudan. Ntibizwi neza niba aba bose bakomoka muri mu Ntara ya Tigre yazahajwe n’imirwano y’amoko. Aba nta mpamvu iratangazwa yatumye banga gutaha. Banze gutaha mu gihe ONU kuva muri Mutarama 2021 yatangiye gucyura abasirikare bari mu butumwa bwa UNAMID, byitezwe ko kizamara amezi atandatu. Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


