Urukiko rushinzwe kurwanya ruswa muri Uganda rwanzuye ko umwe mu bantu ba hafi b’uwahoze ari Umuyobozi wa Polisi ya Uganda, Gen Kale Kayihura ariwe ACP Silaje Bakaleke ashinjwa ruswa.
Urukiko rwafashe uyu mwanzuro nyuma yahoACP Bakaleke ananiwe kwtitaba urukiko rwari rwamusbaye ko kuwa 17 Nzeri 2018 yazajya gutanga ibisobanuro ku byaha uruhuri bijyanye na ruswa aregwa.
Uru rukiko rukorera kololo ruyobowe n’Umucamanza Moses Nabende rubisabwe n’umushinjacyaha wa Leta, Harriet Angom rwashyizeho inyandiko zita muri yombi uyu mugabo kuko ngo yasuzuguye.
ACP Bakaleke arashinjwa ibyaha 12 birimo gushimuta no kwiba asga $ 415,000
Umushinjacyaha Harriet Angom avuga ko Bakaleke yamenyeshejweko agomba kwitaba urukiko binyuze ku munyamategeko we Senguku Robert ariko ntiyitaba.
Bakaleke arareganwa hamwe na bagenzi be ari bo D/ASP Innocent Munezero, D/ASP Innocent Nuwagaba, D/AIP Robert Asiimwe, PC Amanya Junior, PC Babu Gastavas and PC Kenneth Zirintuusa .


