Nyuma y’ibyumweru bitatu rusubitswe, urubanza ku iyicwa rya Thomas Sankara na bagenzi be rwasubukuwe kuri uyu wa Kabiri, Ouagadougou muri Burkina Faso.
Perezida w’Urugereko rw’Ibanze rw’rw’Urukiko rwa Gisirikare rwa Ouagadougou, Urbain Méda, niwe watangaje kuri uyu wa Mbere ushize isubukurwa ry’urubanza ku iyicwa rya Capt. Thomas Sankara kuri uyu wa Kabiri.
Ni nyuma y’aho uru rubanza rwari rumaze ibyumweru bitatu rusubitswe. Ku itariki 03 Werurwe 2022, mu gihe abaregwa bagombaga gutangira kwiregura, ubusabe ku mwihariko wo kutagendera ku itegeko nshinga bwagejejwe imbere y’abagize akanama gashinzwe itegeko nshinga babwizeho ibyumweru bibiri mbere yo gutera utwatsi abasabaga.
Urubanza rwari rwasubitswe kuko urukiko rwari rutegereje icyemezo cy’akanama gashinzwe itegeko nshinga cyatangajwe kuwa Gatanu ushize nk’uko iyi nkuru dukesha Afrik.com ivuga.
Ubu ibikenewe byose bikaba biteguye, kugirango urubanza, rwafunguwe ku itariki ya 11 Ukwakira 2021 nyuma y’igihe kirekire icyaha gikozwe, rugane ku musozo, abagize uruhare mu bwicanyi bwo kuwa 15 Ukwakira 1987 bahanwe.
Abo mu miryango y’abishwe ngo akaba ari cyo bategereje kugirango bunamire mu by’ukuri ababo bishwe nabi.
Mu busabe bwabwo bwo ku itariki ya 8 Gashyantare, ubushinjacyaha bwasabiye igifunfo cy’imyaka 30 Blaise Compapore wasimbuye Sankara ku butegetsi n’uwaho akuriye abarinzi be, Hyacinthe Kafando, bose bahunze Burkina Faso bakaba baburanushwa badahari.
Gen. Gilbert Diendéré wigeze kugerageza guhirika ubutegetsi bwasimbuye Compaore mu 2015 we yasabiwe imyaka 20 y’igifungo kubera uruhare rwe mu bwicanyi bwakorewe Sankara na bagenzi be.


