Byitezwe ko urukiko rw’ubujurire kuri uyu wa 21 Werurwe 2022 rusoma umwanzuro ku rubanza rwa Nsabimana Callixte wamenyekanye nka Major Sankara na bagenzi be 20 bahamijwe n’urukiko rukuru ibyaha by’iterabwoba.
Tariki ya 21 Nzeri 2021 ni bwo urukiko rukuru rwakatiye abaregwa ibihano bitandukanye, ubwo rwari rumaze kubahamya ibyaha bitandukanye bifitanye isano n’ibitero umutwe witwaje intwaro wa MRCD-FLN wagabye mu majyepfo y’uburasirazuba bw’igihugu, ahegereye Pariki ya Nyungwe mu 2018 n’2019.
Nka Sankara yakatiwe igifungo cy’imyaka 20 kubera impamvu nyoroshyacyaha, ariko yarajuriye, asaba ko cyagabanywa kikageza ku cyo hasi gishoboka; ku myaka itanu. Gusa n’Ubushinjacyaha bwarajuriye, bumusabira gukatirwa imyaka 25.
Sankara na bagenzi be havuyemo Paul Rusesabagina utaritabiriye, mu iburanisha ryabereye mu rukiko rw’ubujurire guhera tariki ya 17 Mutarama 2022, bagiye batakambira abacamanza, basaba ko bagabanyirizwa ibihano, bamwe basaba ko bibaye ngombwa bajyanwa mu kigo cya Mutobo gicumbikirwamo abari abasirikare basubizwa mu buzima busanzwe, ariko n’Ubushinjacyaha bugasaba ko babyongererwa kuko ngo ‘bakatiwe ibihano bito’.
Inkuru kuri Sankara https://bwiza.com/?Sankara-abona-ko-igihano-asabirwa-kirimo-ukwihorera-no-kumwumvisha


