Urufaya rw’ibisasu biremereye rurakomeje hagati ya M23 na FARDC

Sangiza iyi nkuru

Urugamba rukomeye rw’ibisasu biremereye ruri kuva ahitwa Rangira ugana Rwanguba muri gurupoma ya Jomba Teritwari ya Rutshuru, aho M23 na FARDC bahanganye kuva kuwa Gatanu mu gitondo.

Amakuru yemezwa n’ibinyamakuru bitandukanye muri Congo n’uko yaba abagenzi bagenda n’amaguru, imodoka zitwaye abagenzi n’imizigo na za Moto ubu bidashobora guca muri uwo muhanda kubera ko M23 yakajije ibitero muri Rutshuru.

Ahabanza

Ibi bisasu ngo biri kuraswa na M23 biturutse ku birindiro byayo biherereye ku musozi wa Shwema na Mukarange mu gihe ingabo za FARDC zifite ibirindiro mu gace ka Bukengeri kegereye umuhanda wa Rangira nazo ziri gusubiza zirasa ibindi bisasu ,byatumye uyu muhanda kugeza ubu utakiri nyabagendwa.

Aya makuru akomeza avuga ko ubu impande zombi FARDC na M23 ziri kurasanira mu ntera ndende buri ruhande ruri mu birindiro byarwo

Imirwano hagati ya M23 yongeye kubura mu gitondo cyo kuwa 17 Kanama 2022 ubwo ingabo za FARDC zateraga ibirindiro bya M23 biherereye mu gace ka Bweza Gurupoma ya Tanda ariko abarwanyi ba M23 babasha kuyisubiza inyuma.

Ubu imirwano hagati ya FARDC na M23 irakomeje mu duce dutandukanye tugize Teritwari ya Rutshuru ndetse ikaba imaze gutuma abarenga 1000 batuye mu gace ka rangira na Rwankuba muri Gurupoma ya Jomba Teritwari ya Ruthuru bata ingo zabo bahunga berekeza mu gace ka Matebe abandi berekeza ahitwa i Kiwanja.

Soma Izindi Nkuru

4 Responses

  1. Urufaya rw’ibisasu biremereye rurakomeje hagati ya M23 na FARDC
    Ese m23 yakwihanganye igatsinda pe

  2. Urufaya rw’ibisasu biremereye rurakomeje hagati ya M23 na FARDC
    Ese m23 yakwihanganye igatsinda pe

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *