Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, gitangaza ko hari abarwanyi ba M23 babaga muri Uganda batashye muri iki cyumweru, ariko ku ruhande rwayo ikabihakana yivuye inyuma.
Ku wa Kabiri tariki ya 26 Gashyantare 2019, nibwo byatangajwe ko abarwanyi 57 ba M23 n’abandi bantu 10 bo mu miryango yabo buriye indege ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Entebbe, boherezwa muri Congo. Bigatangazwa ko batashye ku bushake bwabo nyuma y’imyaka igera kuri itanu bari bamaze muri Uganda.
Mu itangazo Ubuyobozi bwa M23 bwasohoye rigashyirwaho umukono n’umunyamabanga mukuru wa yo, Mbonimpa Benjamin, bikaza gushimangira na bamwe mu bari abasirikare bayo bakomeye, bahakana iri taha ry’abarwanyi ba M23.
Ku ruhande rwayo, bavuga ko abatashye bari abanye-Congo babaga muri Uganda basubiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bikitwa ko ari abahoze muri M23.
Inkuru igaragara ku kinyamakuru cya Radiyo Okapi, umuvugizi w’akarere ka 34 k’ingabo za Congo, Major Guillaume Ndjike Kaiko, avuga ko aba biswe abahoze ari abarwanyi ba M23 babaye bacumbikiwe i Kamina nyuma bakoherezwa Kitona, mu gihe batarafata umwanzuro wo kujyanwa mu ngabo za Congo cyangwa gusubizwa mu buzima busanzwe.
Yagize ati “Nk’ingabo icyashoboka hagati y’ibyo bibiri, hari inzira binyuzwamo, bazinjizwa mu gisirikare cya FARDC nyuma y’inzira zizakurikizwa. N’abazahitamo kujya mu buzima busanzwe hari inzira bizanyuzwamo birangire babujyanwemo”
Ku ruhande rw’izi nyeshyamba zatsinzwe urugamba mu mpera za 2013, zimwe zigahungira muri Uganda izindi mu Rwanda, ntirwemera ko ari abarwanyi barwo batahutse. M23 ivuga ko ari abaturage 67 barimo abanye Congo ndetse n’abandi bantu ngo bahoze mu mitwe y’inyeshyamba z’abanyamahanga. Ikinyamakuru Daily Monitor cyo muri Uganda cyo kigatangaza ko ari abahoze ari abarwanyi ba M23 bagera kuri 60 n’abandi bantu 7 basanzwe b’abasivile.


