Agathon Rwasa nk’umunyapolitiki ugaragaza ko ari mu batavuga rumwe n’ishyaka CNDD FDD riri ku butegetsi mu Burundi, kuri ubu akomeje gutera benshi urujijo kubera kwivuguruza mu mvugo.
Uru rujijo ruje mu gihe Agathon yagaragaye bwa mbere mu biganiro bihuza abarundi, akaba yahagaragaye kandi yari yaratangaje ko adateze kuzabyitabira avuga ko yaba arimo guta umwanya we.
Kuri uyu wa Kane tariki ya 11 Gashyantare 2016, ubwo ibiganiro byaberaga mu Ntara ya Ngozi, Agathon n’abandi banyacyubahiro batowe muri iyi ntara bagaragaye muri ibyo biganiro bihuza abarundi, benshi ngo bakaba baratunguwe no kuhamubona.
Agathon ni visi perezida wa Sena y’u Burundi, akabaya yarahawe uyu mwanya mu gihe yari mu banyapolitiki bakomeye ndetse banagaragazaga ko barwanya cyane manda ya 3 ya Perezida Nkurunziza itavugwaho rumwe na bose.
Ubwo igikorwa cyo kwiyamamaza cyari kigeze kure umwaka ushize, Agathon Rwasa yatangaje ko mu gihe Perezida Nkurunziza azaba yatsimbaraye yanze kuvanamo candidature ye, ko atazakomeza kwiyamamazanya nawe.

Icyo gihe byaratunguranye, benshi batunguwe no kubona Agathon Rwasa akomeje kwiyamamaza kandi na Nkurunziza arimo ahubwo ari we bahanganye kugeza ku munota wa nyuma, Perezida Nkurunziza yegukana uwamya w’umukuru w’igihugu kuri manda ya 3.
Nyuma yo gutsindwa na Nkurunziza ku mwanya w’umukuru w’igihugu, Rwasa yahise agirwa Visi Perezida wa Sena, uyu mwanya watumye benshi bamwibazaho ndetse batangira no kumushinja ubugambanyi,amaco y’inda,ibinyoma,…dore ko abatavuga rumwe na Leta bamufashe nk’aho yabaciye inyuma agamije inyungu ze bwite kandi yarababeshyaga ko arwanya Leta.
Kuba yagaragaye mu biganiro kandi yari yaratangaje ko atakwirirwa aza guta umwanya we, ibi nabyo ngo byatumwe yongera kwibazwaho, ko ibyo avuga ntaho bihuriye nibyo akora.
Mu mpera z’ukwezi kwa 11 umwaka ushize nibwo Agathon Rwasa yatangaje ko afite impungege ko ashobora kwicwa, abivuga nyuma y’inkuru zari zimaze iminsi zitangazwa ko yahunze igihugu ku bw’umutekano we ngo akajya muri Afurika y’Epfo ariko nyuma ahita agaruka mu Burundi.
Nk’uko yari yabitangarije BBC, Agathon Rwasa yatangaje ko umutekano we wifashe nabi ndetse ko hari agatsiko k’abantu bitwaje intwaro i Burundi bashaka kumubuza ubuzima.
Agathon Rwasa yavugaga ko isaha ku isaha ashobora kwicwa, ko hari abantu bari bamuteze bagiye kumuhitana ubwo yari mu gihugu, abimenya mbere ahindura amayira, gusa yatangaje ko azakira ibizamubaho byose ko ikosa atazongera gukora ari iryo kwitwa impunzi.
N’ubwo ari mu buyobozi bw’u Burundi, Agathon Rwasa ashinjwa ibyaha ku bwicanyi bwakorewe Abanyamulenge b’i Gatumba ubwo yari umuyobozi w’inyeshyamba za FNL. ku ruhande rwe akaba yaragiye abihakana akabigereka kuri CNDD FDD ishyaka riri ku butegetsi bivugwa ko atavuga rumwe naryo.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengiyumva Philipe/Bwiza.com


