Kuri uyu wa Gatatu, urukiko rukuru rwa Loni rurafata icyemezo mu rubanza rumaze igihe kirekire hagati ya Uganda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, iri kwishyuza amamiliyaridi y’amadolari y’impozamarira kubera intambara ikaze yo mu 1998-2003.
Urukiko mpuzamahanga rwiteguye gutanga umwanzuro saa 1400 GMT ku ntambara y’amategeko Kinshasa yatangirije kuri Kampala mu myaka irenga makumyabiri ishize.
Mu 2005, ICJ yemeje ko Uganda igomba kwishyura indishyi umuturanyi kubera intambara yamushojeho y’imyaka itanu yahitanye abantu ibihumbi magana.
Ubu Kinshasa irasaba miliyari zirenga 11 z’amadolari yo kuba Uganda yarigaruriye igice cya Ituri mu majyaruguru y’uburasirazuba bw’igihugu.
Muri icyo gihe ariko, urukiko ruherereye i La Haye rwavuze mu 2005 kandi ko Uganda igomba kwishyurwa nyuma yuko ambasade yayo i Kinshasa igabweho igitero ndetse n’abadipolomate bayo bagahohoterwa.
Ibiganiro ku mubare w’amafaranga byaje guhagarara, maze mu 2015 Kinshasa isaba ko urubanza rwasubira imbere y’abacamanza.
Nyuma yo gusubikwa kugira ngo hashakwe igisubizo, ICJ yumvise kandi impuguke enye zigenga kugira ngo zitange inama ku kigero gishoboka nk’uko Radio RFI dukesha iyi nkuru ivuga.
Umwaka ushize, abakozi ba Leta ya Kinshasa basubiye mu rukiko ariko bashinja Kampala “ihohotera rikabije ry’uburenganzira bwa muntu rishingiye ku bugome”.
Bavuze ko Kampala ikeneye “kwemera byimazeyo inshingano zayo kubera ibikomere yateye … n’umusanzu wayo”.
Abahagarariye Uganda bamagana iki cyemezo bavuga ko ayo mafaranga yishyuzwa “adakwiye kandi ko yakwangiriza ubukungu bw’igihugu.”
Intumwa Nkuru ya Leta ya Uganda, William Byaruhanga, yabwiye urukiko iti: “Mu by’ukuri ni ugushaka kugira Uganda nyirabayazana y’ibyabaye byose mu ntambara.”
Iyi ntambara yo muri Congo bakunda kwita Intambara ya 2 ya Congo, imaze gukomera, yahuruje ibihugu icyenda bya Afurika, aho Uganda n’u Rwanda byari bishyigikiye ingabo z’inyeshyamba zirwanya leta ya Kinshasa baharaniraga kugenzura akarere gakungahaye ku bucukuzi bw’amabuye y’agaciro.


