Urukiko rw’u Burayi rwemeje ko u Burusiya ari bwo bwivuganye intasi yabwo, Litvinenko

Sangiza iyi nkuru

Urukiko rw’Uburenganzira bwa Muntu rw’u Burayi rwemeje ko u Burusiya ari bwo bwiciye i Londre mu 2006 Alexander Litvinenko, wigeze kuba intasi yabwo.

Litvinenko yahoze ari umukozi w’urwego rw’ubutasi rw’u Burusiya ruzwi nka FSB rwasimbuye, KGB, mbere yo kujya gukorana n’urwego rw’ubutasi rw’Abongereza ruzwi nka Mi6 amaze guhungira mu Bwongereza.

Yaje gupfa urupfu rubabaje nyuma yo kurogerwa mu Bwongereza ahawe uburozi bwa Polonium 210 nk’uko iyi nkuru dukesha Sky news ivuga.

Urupfu rwe byakunze kuvugwa ko rwategetswe na Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin ubwe, ariko iki gihugu cyakomeje guhakana kurugiramo uruhare.

Itangazo ry’urukiko ku mwanzuro warwo kuri uyu wa Kabiri, itariki 21 Nzeri ryagize riti “ U Burusiya bwagize uruhare mu iyicwa rya Alexander Litvinenko mu Bwongereza,”

Iyi ntasi yari ifite imyaka 43 y’amavuko yakunze kunenga Perezida Putin, yavuye mu Burusiya ahunze ahungira mu Bwongereza aho yamaze imyaka 6 mbere yo guhabwa uburozi bwamuhitanye.

Yapfuye nyuma y’ibyumweru bitatu ankweye icyayi cyari cyashyizwemo uburozi bwa Polonium yanywereye muri Millennium Hotel, i Londre.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *