Urukiko rwa Afurika y’uburengerazuba rwategetse ihagarikwa ry’ibihano akarere kafatiye Mali

Sangiza iyi nkuru

Ku wa Kane, Urukiko rw’Ubutabera rw’ubumwe bw’ubukungu n’ifaranga muri Afurika y’iburengerazuba (UEMOA) rwategetse guhagarika ibihano byafatiwe Mali muri Mutarama kubera guhirika ubutegetsi kw’ igisirikare ariko kiyemeje gusubiza abaturage ku butegetsi vuba.

Urukiko rw’ubutabera rw’ubumwe bw’ubukungu n’ifaranga rya Afurika y’iburengerazuba (UEMOA), rwitabajwe n’abavoka ba Leta ya Mali, rwategetse ” irangizwa” ry’ibihano byemejwe ku ya 9 Mutarama n’abakuru b’ibihugu na guverinoma bigize uyu muryango.

Iki cyemezo cyafashwe umunsi umwe mbere y’inama y’undi muryango w’akarere, Umuryango w’ubukungu w’ibihugu bya Afurika y’iburengerazuba (ECOWAS), izibanda kuri Mali.

Ni intsinzi idasanzwe ku bahiritse ubutegetsi imbere y’imiryango yo mu karere, nk’uko tubikesha Ijwi rya Amerika, ishami ry’Igifaransa.

Muri Mutarama, UEMOA yahagaritse Mali mu nzego zayo, yemeza ibihano byafashwe na ECOWAS nko guhagarika umutungo w’imari w’abantu bagera ku 150 bafitanye isano n’abahiritse ubutegetsi bwa Mali, kandi cyane cyane yatangaje “ibihano by’inyongera birimo ibihano by’ubukungu n’imari”.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *