Urukiko rwateye utwatsi ikirego cy’umunyamakuru Kabendera wishyuza Vodacom miliyoni 10$

Sangiza iyi nkuru

Urukiko Rukuru rwa Dar es Salaam rwateye utwatsi ikirego umunyamakuru Erick Kabendera yareze ikigo cy’itumanaho cya Vodacom Tanzania.

Icyemezo cyo gutesha agaciro iki kirego cyafashwe kuri uyu wa Kabiri, itariki 10 Nzeri 2024 n’Umwanditsi w’urukiko wungirije mu izina ry’Umucamanza Mukuru, Salma Maghimbi, nyuma y’ubujurire bwazamuwe na Vodacom.

Mu kirego cye, umunyamakuru Kabendera yasabaga impozamarira ya miliyoni 10$ (Miliyari 27 z’Amashilingi ya Tanzania), avuga ko iki kigo cyoroheje itabwa muri yombi rye na polisi, igikorwa yasobanuye nko gushimutwa cyakurikiwe n’ibirego byo kubangamira ubukungu mu 2019.

Mu kirego numero 12799/2024, Kabendera yavugaga ko nyuma yo gushimutwa no gushinjwa ibyaha, yagezweho n’ibibazo by’ubukungu n’ibindi bitari iby’ubukungu birimo iby’imibanire, ibyo mu mutwe n’amarangamutima, kubura ibyishimo by’ubuzima, kubangamira iterambere rye no guhindanya igihagararo cye muri sosiyete n’ubunyamwuga bwe.

Kubera izo mpamvu, nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru The Citizen, yasabye Vodacom impozamarira ya miliyoni 10$ (Sh27 billion) kubw’igihombo yatewe kongeraho inyungu zizajya zitangwa kuva igihe icyemezo cyafatirwa kugeza ubwishyu bwose butanzwe.

Vodacom ariko inyuze mu munyamategeko wayo, Gaspar Nyika, yanditse yamagana ibi mu gusubiza ihamagarwa n’urukiko ryo ku itariki 9 Nyakanga 2024.

Mu kwiregura kwabo mu itangazo The Citizen yabonye, Vodacom yateye utwatsi ibirego byose bya Kabendera bijyanye n’uruhare rwayo mu gutabwa muri yombi kwe na polisi, we yita ishimutwa.

Vodacom yasabye urukiko gutera twatsi iki kirego rutiriwe runacyumva, ivuga ko cyatanzwe nyuma y’igihe cyagenwe (beyond statutory limitation period).

Umucamanza Maghimbi nyuma yafashe umwanzuro wemeranya na Vodacom avuga ko ikirego cyageze imbere y’urukiko mu buryo butemewe n’amategeko kuko cyatanzwe nyuma y’igihe kigenwa n’amategeko.

Umucamanza yavuze ko amategeko asaba ko ibirego nk’ibi bitangwa mu gihe kitarenze imyaka 3, uhereye igihe ibiregerwa byabereye, ariko Kabendera yatanze ikirego icyo gihe cyararenze.

Kabendera yatawe muri yombi na polisi afatiwe iwe muri Mbweni ku itariki 29 Nyakanga 2019, afungwa icyumweru. Yaje kugaragara mu rukiko rwa Kisutu kuwa 5 Kanama 2019 ashinjwa ibyaha byo kuvangira ubukungu bw’igihugu.

Yashinjwe ibyaha bitatu byo gutegura no gukorana n’agatsiko k’abagizi ba nabi. Ibindi birego Kabendera yashinjwe birimo gukwepa imisoro igera muri miliyoni 173 z’amashilingi ndetse n’iyezandonke. Bivugwa ko hagati ya Mutarama 2015 na Nyakanga 2019 yahaye ubufasha agatsiko k’abagizi ba nabi ku nyungu z’amafaranga.

Ku kirego cy’iyezandonke ashinjwa koza miliyoni zigera ku 173 mu bice bitandukanye i Dar es Salaam. Kweza indonke ni ugufata amafaranga wabonye mu buryo butemewe n’amategeko ukayeza uyanyujije mu bikorwa bizwi byanditse bibyara inyungu bisa nk’aho ari ho yavuye.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *