Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanze ubujurire bwa Rusesabagina

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Gatanu, itariki 02 Nzeri, Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanze ubujurire bwa Paul Rusesabagina, wari wajuririye icyemezo cy’urukiko rw’ibanze cyo kumufunga iminsi 30 y’agateganyo.

Asoma iki cyemezo, umucamanza wari uyoboye urubanza, Adolphe Udahemuka yavuze ko mu zindi mpamvu yashingiyeho afata iki cyemezo, ari uko Rusesabagina ashobora gucika mbere yo kuburana.

Udahemuka, akaba na perezida w’urukiko, yagize ati: “Kuba Rusesabagina akomeje kuvuga ko afite ubwenegihugu bw’u Bubiligi kandi atari Umunyarwanda bituma uru rukiko rwemera ko ashobora guhunga ubutabera aramutse arekuwe”.

Rusesabagina n’abamwunganira bose bari bitabye urukiko, mu gihe ubushinjacyaha bwari buhagarariwe n’umushinjacyaha umwe.

Umucamanza yongeyeho ko gukomeza gukurikirana ukekwaho icyaha afunzwe bizanatuma byoroha kumugeraho ku bashinzwe iperereza bakomeje kwegeranya dosiye ye mbere y’uko urubanza rutangira.

Rusesabagina wagejejwe mu Rwanda mu mpera za Kanama, akurikiranweho ibyaha bigera kuri 13, ahanini bifitanye isano n’ubugizi bwa nabi bwakozwe na FLN, umutwe witwaje intwaro washinzwe n’ihuriro, MRCD, ry’amashyaka arwanya ubutegetsi akorera hanze y’igihugu.

Rusesabagina yari perezida wa MRCD mu 2018, ubwo ibyaha akurikiranweho byakorwaga n’umutwe wa FLN mu bitero wagabye mu majyepfo y’u Rwanda.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *