Urukingo rwa Covid-19 rwakorewe muri Afurika y’Epfo, rushobora kwemezwa nyuma y’imyaka 3

Sangiza iyi nkuru

Umuryango mpuzamahanga wita ku buzima, WHO, utewe impungenge n’uko urukingo rwa Covid-19 ruherutse gukorerwa muri laboratwari iri muri Afurika y’Epfo, rushobora kwemezwa nyuma y’imyaka itatu.

Umuhuzabikorwa wa WHO muri gahunda y’ubushakashatsi ku nkingo, Martin Friede ku wa 4 Gashyantare 2022 yavuze ko ibi bizaba mu gihe ibigo byakoze inkingo zamaze kwemezwa nka Moderna byaba bikomeje kwanga gusangira amakuru y’ubunararibonye n’iyi laboratwari yo muri Afurika y’Epfo.

Ariko nk’uko Citizen Digital yabitangaje, mu gihe byaba byemeye gutanga aya makuru, Friede yavuze ko uru rukingo rwakwemezwa no gihe gito kugeza ku mezi 12. Ati: “Gishobora kuba amezi 12 mu gihe habayeho ubufatanye n’ibigo bifite inkingo zamaze kwemezwa. Bitabaye ibyo cyaba amezi 24 kugeza kuri 36 hashingiwe ku nzira binyuramo.”

Iyi laboratwari yashinzwe muri Kamena 2021 bigizwemo uruhare na WHO na Guverinoma ya Afurika y’Epfo mu rwego rwo gufasha ibihugu bikennye by’umwihariko ibyo ku mugabane wa Afurika kubasha kwikorera inkingo zo kurwanya iki cyorezo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *