Umukinnyi ukina hagati mu ikipe ya Aston Villa Douglas Louis, yatangaje ko ari mu rukundo na Aisha Lehmana nawe usanzwe ukinira iyi kipe y’abagore mu Bwongereza.
Lehman w’imyaka23, asanzwe ari rutahizamu wa Aston Villa, akaba n’umukinnyi w’ikipe y’igihugu y’Ubusuwisi. Yatangiye gukinira ASton Villa umwaka ushize avuye muri West Ham nayo yo muri kino gihugu.
Lehman akaba mu gihe gishije yarakundagana nundi mukinnyi w’umugore mugenzi we ukinira Chelsea witwa Ramona Bachman, nawe usanzwe ukinira ikipe y’igihugu y’busuwisi.
Abinyujije kuri Instagram basomana munsi yifoto, Louis ati ”ndagukunda”abwira umukunzi we Lehman.
Lehman yahoze akundana n’umugore mugenzi we ukinira Chelsea, Ramona Bachmang
Douglas Louis nawe ufite imyaka 23, ni umukinnyi wa Aston Villa kuva mu mwaka 2019 kaba n’umukinnyi w’ikipe y’igihugu ya Brazil, ndetse ubu Aston Villa ikaba ishaka ku mwongerera amasezerano dore ko hari ni indi kipe yo mu Bwongereza yamushakaga.
Ni umwe mu bakinnyi b’inkingi za mwamba k’umutoza Steven Gerrad utoza iyi kipe, kuva Steven yagera muri iyi kipe mu kwezi ku Gushyingo umwaka ushize, amaze kubanza mu kibuga byibura inshuro 11. Aston Villa ubu iri kumwanya wa 11 n’amanota 26 mu mikino 21, mu gihe kuva umutoza Gerrad yagera muri iyi kipe, imaze gukusanya amanota 16.



2 Responses
Urukundo rugeze aho ruryoshye hagati y’abakinnyi babiri ba Aston Villa
Nibyiza pe kandi amahirwe masa 2
Urukundo rugeze aho ruryoshye hagati y’abakinnyi babiri ba Aston Villa
Nibyiza pe kandi amahirwe masa 2