Urupfu rw’umunyamakuru Isma rwatumye Bobi Wine ashinja Museveni intege nke

Sangiza iyi nkuru

Umuhanzi Bobi Wine arashinja leta ya Uganda iyobowe na Perezida Museveni kugira intege nke, nyuma y’urupfu rwa Tusubilwa Ibrahim Isma Olaxess uzwi nka Isma Olaxess cyangwa Jajja Iculi.

Uyu Jajja yishwe mu mpera z’icyumweru dusoje, nyuma y’uko arasiwe mu modoka n’abantu bataramenyekana kugeza ubu.

Hakimara kumenyekana ayo makuru, Bobi Wine usanzwe ari umuhanzi akaba anabarizwa muri Politiki y’iki gihugu, yanditse ku mbugankoranyambaga ze, ko Leta ya Uganda ifite intege nke aho abantu bicwa umusubirizo.

Akomeza avuga ko Guverinoma idashoboye kureberera abaturage bayo, bityo ko hakwiye kujyaho abashobora gushyira umuturage ku isonga.

Yagize ati”Hatarashira icyumweru Minisitiri Engola yishwe amaraso ye ataranahora, Jajja nawe arishwe,impfu zabo zije zikurikira izindi zidasobanutse z’abandi bantu batazwi.Ndabisubiramo buri wese ni umukandida (avuga ko buri wese yakwicwa) ku buyobozi bwa Perezida Museveni butagendera ku mategeko.”

Ntabwo Bobi Wine ariwe wababajwe n’urupfu rwa Jajja gusa, kuko na Gen Muhoozi yanditse ko yababajwe n’uko uyu munyamakuru yambuwe ubuzima.

Jajja yishwe mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatandatu, arashwe n’umuntu wari witwaje imbunda amusanze mu modoka ye ubwo yari yerekeje i we mu rugo arikumwe n’umushoferi ariko amakuru akavuga ko uwo mushoferi we yararusimbutse.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *