Uruzi rwa Rusizi rutandukanya u Burundi na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo biravugwa ko rwataye inzira ku ruhande rw’Intara ya Cibitoke mu Burundi, aho abaturage bavuga ko byatumye babura imirima yabo bahingagamo iri kuri hegitari zigera mu 100 kuko yimukiye ku ruhande rwa Congo bakaba basaba abategetsi gukemura iki kibazo gishobora guteza umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi.
Aho uru ruzi rwataye inzira rukegera uruhande rwa Congo ni muri Zone Nyamitanga, Komini Buganga, mu Ntara ya Cibitoke. Bavuga ko ibi byatewe n’imvura nyinshi imaze iminsi igwa nk’uko iyi nkuru dukesha Ijwi rya Amerika ikomeza ivuga.
Umuyobozi w’Intara ya Cibitoke, Carême Bizoza, avuga ko iki kibazo cy’imirima yimukiye muri Congo kubera Uruzi rwa Rusizi akizi, ndetse yamaze kukigeza ku bamukuriye kandi nawe afite impungenge ko gishobora guteza impaka hagati ya Congo n’u Burundi.
Bivugwa ko uru ruzi rukunze kuzura rugatera imyuzure ku nkengero zarwo ikangiza imirima n’imyaka ariko rutari bwagere aho ruta inzira.
Abayobozi bakaba basaba abaturage kwigengesera ngo batazagera aho bashotora n’Abanyekongo, ahubwo bagahamagarirwa gutegereza inzego zibishinzwe zizakemure iki kibazo.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


