ekxpmdmx0aey3xx.jpg

Urwego rw’umutekano rwongeye kuza imbere mu gushimwa n’abaturage, urw’ubuhinzi ruza inyuma

Sangiza iyi nkuru

Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) ruravuga ko mu Ishusho y’uko abaturage babona imiyoborere n’imitangire ya serivisi mu nzego zibegereye (Citizen Report Card-CRC 2020), Urwego rw’umutekano ari rwo rwaje imbere mu mu gushimwa n’abaturage naho urw’ubuhinzi rukaza ku mwanya wa nyuma.

Ni ku nshuro ya gatandatu yikurikiranya, umutekano n’ituze by’Abanyarwanda bije ku isonga mu bushakashatsi bwa Karindwi bw’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) bizwi mu rurimi rw’Icyongereza nka ‘Rwanda Governance Scorecard (RGS)’.

RGS ni icyegeranyo cy’ibipimo by’Imiyoborere mu Rwanda gikorwa na RGB buri mwaka hagamijwe kugaragaza ishusho y’uko imiyoborere ihagaze mu gihugu mu byiciro bitandukanye no kugaragaza ingamba mu gushyiraho politiki mu nzego zitandukanye z’igihugu.

Kuri uyu wa Kabiri ushize, itariki 20 Ukwakira nibwo Umuyobozi wa RGB, Dr Usta Kaitesi, yagejeje ku Nteko Ishinga Amategeko Imitwe yombi, Raporo y’Ibikorwa y’Umwaka wa 2019/2020 na Gahunda y’Ibikorwa y’Umwaka 2020/2021.

Avuga ku bipimo by’Imiyoborere, Dr Kaitesi yagaragarije abagize inteko ko inkingi y’Umutekano yakomeje kuza ku isonga n’amanota 95,44% mu mwaka wa 2020, yavuye kuri 94.29% yariho mu 2019.

Dr Kaitesi yagize ati “Umutekano wongeye kuza ku isonga ku nshuro ya gatandatu yikurikiranya, bigaragaza icyizere Abanyarwanda bafitiye uru rwego.’’

Ugereranyije ubushakashatsi bwa Gatandatu n’ubwa Karindwi habayeho izamuka ry’amanota mu byiciro bitandukanye ariko ku isonga Inkingi y’Imiyoborere abaturage bagizemo uruhare kandi idaheza (Participation and Inclusiveness) niyo yazamutseho amanota menshi (8,96%) ugereranyije n’izindi.

Ibipimo byakozwe hibanzwe ku nkingi umunani, zirimo iyubahirizwa ry’amategeko iri kuri 87.86% ivuye kuri 84.70 % umwaka ushize ; Uburenganzira mu bya Politiki n’Ubwisanzure bw’abaturage bwagize amanota 85.76 % bivuye kuri 85.17 % ; Imiyoborere abaturage bagizemo uruhare kandi idaheza yagize 81.96% ivuye kuri 73 % yariho umwaka ushize.

Inkingi yo kuzamura Imibereho myiza y’Abaturage yagize amanota 73.32% bivuye ku kigero 68.53% ; Kurwanya ruswa no gukorera mu mucyo biri kuri 86.28% bivuye kuri 84.28% umwaka ushize ; Ireme ry’Imitangire ya Serivisi ryagize amanota 78.31 % bivuye kuri 70.54 % naho Imiyoborere mu Bukungu n’Ubucuruzi bigira amanota 78.14% rivuye kuri 76.43% umwaka ushize.

ekxpmdmx0aey3xx.jpg

Aya makuru yakusanyijwe binyuze mu ijwi ry’umuturage, ubushakashatsi bukorwa n’imiryango Nyarwanda na Mpuzamahanga guhera muri Nzeri 2019 kugera mbere ya COVID-19.

Muri CRC 2020, mu birebana n’uko abaturage bashima imiyoborere n’imitangire ya serivisi mu turere twabo, Akarere ka Rulindo niko kaje ku isonga mu gihe Akarere ka Gasabo kaje ku mwanya wa nyuma.

RGB yakoze ubushakashatsi kuri Gahunda y’ubwisungane mu kwivuza. Abaturage bashima ku gipimo kiri hejuru impinduka zakozwe muri iyi gahunda ariko hari n’imbogamizi bagihura nazo.

Ku kijyanye na serivisi z’inzego za Leta zitangwa hakoreshejwe ikoranabuhanga, byagaragaye ko hakenewe kongera imbaraga muri iki cyiciro kugira ngo muri 2024 serivisi zose z’inzego za Leta zizabe zitangwa ku ikoranabuhanga nk’uko biteganywa muri (NST1)

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *