Abaganga bo mu ivuriro rya Brigham and Women’s Hospital riherereye mu mujyi wa Boston muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) banze kuvura umugabo w’imyaka 31 y’amavuko, DJ Ferguson kubera ko atemera kwikingiza icyorezo cya Covid-19.
Iri vuriro ryasobanuriye BBC ko Ferguson yashakaga ko abaganga bamusimburiza umutima (heart transplant) ariko bakaba babonye babaye bamuhaye iyi serivisi, ataba afite amahirwe yo gukomeza kubaho kandi atarikingije Covid-19, kuko ngo nta bwirinzi buhagije yaba afite.
Ryagize riti: “Bitewe n’ubuke bw’izi ngingo (imitima), dukora ibishoboka kugira ngo umurwayi wakiriye urugingo rundi agire amahirwe menshi yo gukomeza kubaho.”
Iri vuriro ribona ko bitewe n’ubuke bw’izi ngingo, bibaye bihaye Ferguson undi mutima ariko ntashobore kubaho kuko yaba atarikingije Covid-19, waba ubaye imfabusa kandi hari abandi babarirwa mu 100,000 bawukeneye biganjemo abikingije iki cyorezo.
Umubyeyi wa Ferguson witwa David yemeza ko umuhungu we yanze kwikingiza bitewe n’amahame agendereho. Ngo ntabwo yizera urukingo rw’iki cyorezo. Ati: “Urukingo rwa Covid-19 runyuranyije n’amahame y’ibanze y’umuhungu wanjye kandi ntabwo arwizera.”
Uyu murwayi yabaga muri iri vuriro kuva tariki ya 26 Ugushyingo 2021. Abagiraneza bari baramufashije kubona amafaranga yo gusimbuza umutima we ufite ibibazo bituma mu bihaha huzura amaraso n’amazi.


