USA: Abantu hafi 20 baguye mu mpanuka y’ubwato yabereye mu kiyaga

Sangiza iyi nkuru

Abantu bagera kuri 17 barimo abana muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika baguye mu mpanuka y’ubwato bwarohamye mu kiyaga Table Rock mu ijoro ryo kuwa kane ushize bitewe n’umuyaga mwinshi uvanze n’imvura byagaragaye muri Leta ya Missouri.

Abayobozi bo mu mujyi wa Branson, mu Karere ka Stone, ahabereye iyi mpanuka, kuri uyu wa Gatanu batangaje ko abantu bane bagishakishwa kandi abandi barindwi bajyanywe kwa muganga.

Mu butumwa yohereje abinyujije kuri twitter, perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yihanganishije imiryango yabuze abayo n’inshuti muri iyi mpanuka .

Ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru rirasoza rivuga ko umujyi wa Branson uherereye mu birometero 320 mu majyepfo ashyira uburasirazuba bw’Umujyi wa Kansas City. Uyu mujyi ukaba ukunze gusurwa nab a mukerarugendo benshi baba bagiye kwishimisha.

Ikinyamakuru The New York Times cyo kikaba kivuga ko muri aba bantu 17 bapfuye, 9 bakomoka mu muryango umwe.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *