Minisiteri y’ubutabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuri uyu wa Kabiri, itariki 08 Ukwakira 2024, yatangaje ko umunyagihugu wa Afghanistan yafatiwe muri Leta ya Oklahoma akekwaho gutegura igitero ku munsi w’amatora.
Nk’uko bivugwa mu nyandiko y’ibirego, uyu musore w’imyaka 27 yateguye gutanga “inkunga y’ibikoresho” ku mutwe wa Leta ya Kisilamu (IS) maze abona imbunda n’amasasu kugira ngo “azakore igitero cy’urugomo ku butaka bwa Amerika mu izina” ry’uyu mutwe.
FBI yavuze ko yumvise ikiganiro hagati y’umuntu ukekwaho icyaha, Nasir A. T. n’umuntu yizeraga ko afitanye isano na Leta ya Kisilamu nk’uko iyi nkuru dukesha Deutsche Welle ikomeza ivuga.
Ukekwaho icyaha yafashwe ate?
A. T. afatanije n’undi muntu, yafashe ingamba zo kugura imbunda ebyiri za AK-47 n’amasasu ku mukozi w’ibanga wa FBI, bituma batabwa muri yombi.
Abategetsi ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika ntibatanze ibisobanuro birambuye ku mufatanyabikorwa, bivugwa ko na we akomoka muri Afghanistan kandi akaba muramu wa A. T., kubera ko ari umwana muto bityo akaba akingirwa bidasanzwe.
Mu kiganiro nyuma y’ifatwa rye, A. T. ngo yaba yaravuze ko icyo gitero cyari kigamije kwibasira abantu benshi, kandi ko we na mugenzi we bari bagambiriye gupfa nk’abahowe Imana.


