Perezida Obama yanenze Donald Trump kuba nta bushobozi afite bwo kuyobora Amerika ari nayo mpamvu atazapfa atowe ku mwanya wo kuyobora iki gihugu cy’igihangange. Hagati aho Trump nawe yanze kuripfana ahita asubiza Perezida Obama ko ababajwe no kuba yanenzwe na Perezida udashoboye w’umunebwe.
Prezida wa Amerika Barack Obama yavuze ko azi neza ko Donald Trump, umu repubulicain uri kwiyamamariza kuyobora Amerika atazapfa abaye umukuru w’igihugu cya Amerika.

Perezida Obama Yavuze ko ako “kazi gakomeye cyane”. Trump ntiyagashobora”
“Nkomeza nemeza ko Trump atazaba umukuru w’igihugu. Igituma n’uko nemera cyane abanyamerika,” uko ni ko Obama yavuze.
Trump, umuherwe ukomoka muri leta ya New York, ni we uri mbere mu bahabwa amahirwe mu matora yo guhitamo uzahagararira ishyaka ry’aba republicains mu matora y’umukuru w’igihugu.
Yamaze gutsinda mu ntara imwe, akaba ari mbere mu bahabwa amahirwe yo gutsinda mu ntara ya South Carolina, aho abayoboke b’ishyaka ry’abarepublicains bazajya gutora ku wa gatandatu.

Avugira mu nama kaminuza y’ubutunzi y’ibihugu byo mu majyepfo y’uburasirazuba bwa Aziya iri kubera mu ntara ya California, Perezida Obama yabajijwe n’umunyamakuru ibyerekeye Trump.
Abantu ntibazamutora, kuko “bazi ko kuba Perezida atari akazi koroshye”. Uko ni koPerezida Obama yashubije.
“(Aka kazi) Si cyo kimwe no kuvuga mu kiganiro kuri television, si amatangazo cyangwa kugurisha ibintu, ni akazi katoroshye. Si akazi ko kugerageza abantu no gukora ibyo ushaka kugira ngo uvugwe cyane mu bitangazamakuru
Mu kumusubiza Trump, yavuze ko ababajwe no gusebywa na Perezida wangije igihugu cyane.
Radio BBC ivuga ko uyu munyapoliti yasabye mu bihe byatambutse Perezida Obama kwerekana urupapuro rwemeza ko yavukiye muri Amerika.
Perezida Obama yakomeje kuruca no kurumira kuri iki kibazo.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Alphonse Munyankindi / Bwiza.com


