USA n’u Bushinwa byongeye gusubiranamo

Sangiza iyi nkuru

Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) na Repubulika y’u Bushinwa byongeye gusubiranamo, bitewe n’icyorezo cya Covid-19 gikomeje gutwara ubuzima bw’abatuye Isi.

Intandaro ni ijambo ry’Umunyamabanga wa USA, Mike Pompeo washinje u Bushinwa gutuma iki cyorezo gikwira Isi yose, aho ngo bwabanje kugihishira ubwo cyadukaga, icyo gihe ntibufate ingamba bwo gukumira ko cyasakara.

Nk’uko tubikesha Xinhua, Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Bushinwa, Wang Wenbin kuri uyu wa 30 Ukuboza 2020 yagaragaje ko ijambo rya Pompeo ari ubushotoranyi bwo kwinjira mu buzima bwite bw’igihugu cye.

Wang yavuze ko kandi ko ntako u Bushinwa butagize bugerageza kurwanya iki cyorezo, ku buryo ari nacyo gihugu cya mbere cyabashije kugihashya, kikanasangiza amahanga uko cyabitwayemo kugira ngo na yo abyigireho.

Kurwanya Covid-19 mu Bushinwa, “byagizwemo uruhare n’Abatuye mu Bushinwa” nk’uko Wang yabitangaje. Yahereyeho yibaza niba hari icyo Pompeo yakoze USA, ati: “Ni iki Pompeo yafashije USA mu kurwanya icyorezo, mu kurokora ubuzima bw’Abanyamerika?”

Yaboneyeho gusaba abanyapolitiki muri USA kureka kwanduza isura y’u Bushinwa, bifashishije ibinyoma. Ati: “Turasaba abanyapolitiki bo muri USA kurebwa n’ibyo mu gihugu cyabo, ntibakomeze kubeshyera u Bushinwa.”

Si ubwa mbere ku mpande zombi habaye impaka zishingiye kuri iki cyorezo cyaturutse mu mujyi wa Wuhan mu Bushinwa, kuko na Perezida wa USA, Donald Trump yagiye azitangiza kenshi, avuga ijambo nk’irya Pompeo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *