Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump kuri uyu wa kane tariki ya 16 Gashyantare 2017, yagiranye ikiganiro cya mbere n’itangazamakuru cyamaze isaha n’iminota cumi n’itanu, aho yaritangarije byinshi amaze gukora mu kwezi kumwe amaze ku butegetsi ariko aranaryikoma.
Mu byo yatangarije abanyamakuru, Trump yagarutse ku bijyanye no kwitandukanya n’amasezerano y’ibihugu bihurira ku Nyanja ya Pasifika, igenwa ry’abashinzwe kumufasha mu buyobozi no gukuraho amwe mu mategeko ya leta.
Donald Trump yakomeje avuga ko leta ayoboye kuri ubu iba imaze kugira byinshi ikora iyo hatabaho kubanza gutunganya ibyo perezida yasimbuye yasize yangije nk’uko iyi nkuru dukesha CNN ikomeza ivuga.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Donald Trump yagize ati: “ Ngarutse aha ngirango ngeze ubutumwa ku baturage. nk’uko mubizi, ubuyobozi bwacu bwasigiwe ibibazo muri guverinoma no mu bukungu. Mvugishije ukuri, narazwe ibibazo. Ni ibibazo mu rugo no hanze, ibibazo .”
Muri iki kiganiro kandi perezida Donald Trump yanenze abanyamakuru abashinja kutavugisha ukuri ndetse avuga ko umujyanama mu by’umutekano yari yashyizeho uherutse kwegura hadaciye kabiri, Michael Flynn, nta ribi rye ahubwo ko ababi ari abanyamakuru batumye yegura.
Perezida Donald Trump kandi yamaganiye kure ibirego amaze iminsi ashinjwa bivuga ko itsinda ryari rishinzwe kumwamamaza ryakomeje gukorana n’u Burusiya mu gihe cy’amatora, avuga ko ntacyo afite ahuriyeho n’u Burusiya.
CNN ivuga ko iki kiganiro n’itangazamakuru kitari kiri muri gahunda kugeza mu gitondo cyo kuri uyu wa kane, ariko abamufasha bakavuga ko Trump amaze iminsi yifuza gusohoka akiregura ku byo amaze iminsi avugwaho.
Umwe mu bategetsi yabwiye iki kinyamakuru ko Trump yaje mu biro bye mu gitondo cyo kuri uyu wa kane maze akabwira abamufasha bakuru ati: “Reka dukorane ikiganiro n’abanyamakuru uyu munsi”. Iki gitekerezo cyo kuvugana n’itangazamakuru ngo akaba ari icya Trump 100%.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


