Minisiteri y’ubutabera yatangaje ko inteko y’abacamanza muri Colorado yahamije icyaha Umunyagambiya, Michael Sang Correa, kubera uruhare yagize mu iyicarubozo ryakorewe abantu benshi muri Gambia mu 2006, ririmo gukubita no gutwika inyama, kubera ko abahohotewe bavugwagaho kugira uruhare mu mugambi wo gushaka guhirika ubutegetsi bwa perezida w’icyo gihe.
Iyi minisiteri yatangaje ko Correa w’imyaka 46, yakatiwe igifungo cy’amezi 810 n’Umucamanza Mukuru w’Akarere ka Colorado, Christine Arguello, nyuma yo guhamwa n’icyaha kimwe cyo gucura umugambi wo kwica urubozo n’ibyaha bitanu by’iyicarubozo nk’uko inkuru dukesha Reuters ivuga.
Uru rubanza ni urwa mbere ku ruhare rw’umutwe witwaje intwaro wari uteye ubwoba uzwi ku izina rya “Junglers”, wakoranaga n’igipoisi cya Gambia ku butegetsi bwa Jammeh. Uwahoze ari perezida yafashe ubutegetsi mu 1994 anabuza kugerageza kumuhirika kenshi mbere yo gutsindwa amatora yo mu 2016.
Correa yatawe muri yombi mu 2020 hashingiwe ku itegeko rivuga ko ari icyaha ku muntu uwo ari we wese muri Amerika gukorera iyicarubozo mu mahanga.


