Impunzi z’Abarundi zibarirwa muri magana kuri uyu wa Kane, itariki 28 Mutarama 2021 zakoreye imyigaragambyo ku mupaka wa Kavimvira hagati y’u Burundi na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo zisaba gucyurwa mu gihugu cyazo nta yandi mananiza.
Impunzi zibarizwa mu nkambi za Lusenda na Mulongwe zavuganye n’ikinyamakuru Kivutimes dukesha iyi nkuru, zavuze ko zirambiwe imibereho mibi zibayeho muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.
Izindi ni impunzi zibarizwa mu kigo cy’agateganyo cya Kavimvira, mu Mujyi wa Uvira, aho zimaze umwaka urenga mu gihe ubusanzwe zitagomba kuharenza iminsi itatu. Bose barifuza gusubira mu gihugu cyabo, mu Burundi, aho bahunze bava kuva mu 2015.
Izi mpunzi zari zabukereye ku izuba rimena imbwa agahanga zigaragara ko zinaniwe nk’uko iyi nkuru ikomeza ivuga, zasabye Komisiyo ya Congo ishinzwe Impunzi, CNR, ko bamwe muri bo biyandikishije mu bashaka gutaha ariko batumva ukuntu bakiri muri iki gihugu kandi nta bufasha na buke bahabwa.
Itsinda ry’abahagarariye izi mpunzi rikaba ryavuganye n’abashinzwe kurinda impunzi muri CNR ngo harebwe ko bagera ku bwumvikane, Me Jules Manda, akaba yasabye impunzi gutuza kuko ngo guverinoma y’u Burundi n’iya Congo biri kuganira ku nzira yo kubacyura.


