President-Nigeria-Goodluck-Jonathan-2014_1742855226

Uwahoze ari Perezida wa Nigeria, Goodluck Jonathan yatsindiye igihembo cy’amahoro

Sangiza iyi nkuru

Uwahoze ari Perezida wa Nigeria, Goodluck Jonathan, yatangajwe nk’uwatsindiye igihembo cya Founder’s Sunhak Peace Award 2025, gitangwa na Sunhak Peace Prize Foundation i Seoul muri Koreya y’Epfo.

Itangazo ryasohowe n’umujyanama we, Ikechukwu Eze ku wa Mbere, tariki ya 24 Werurwe 2025, ryemeje ko Jonathan abaye umuyobozi wa mbere w’Umugabane wa Afurika uhawe iki gihembo, nyuma ya Ban Ki-moon wahoze ari Umunyamabanga Mukuru wa Loni na Minisitiri w’Intebe wa Cambodge, Hun Sen.

Jonathan yahawe iki gihembo kubera uruhare rwe mu bikorwa byo kunga no kwimakaza demokarasi ku Mugabane wa Afurika, abinyujije mu muryango we Goodluck Jonathan Foundation (GJF), West African Elders Forum (WAEF) n’indi miryango mpuzamahanga.

Uyu muhango uteganyijwe kubera i Seoul ku wa Gatanu, tariki ya 11 Mata 2025, aho azahabwa iki gihembo hamwe n’abandi batsindiye Sunhak Peace Prize 2025, barimo Patrick Awuah Jr., washinze Ashesi University muri Ghana, Hugh Evans, washinze Global Citizen, na Wanjira Mathai, ushinzwe ibikorwa bya World Resources Institute muri Afurika.

Umuyobozi wa Sunhak Peace Prize Foundation, Hak Ja Han Moon yavuze ko aba batsindiye ibihembo ari icyitegererezo mu kwimakaza amahoro binyuze mu bikorwa bifatika no guhindura imibereho y’abantu.

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *