1751873958192IMG_0574

Uwakinnye Tour du Rwanda ya mbere yapfuye

Sangiza iyi nkuru

Nsengiyumva Bernard, umwe mu banyarwanda ba mbere bitabiriye isiganwa ry’amagare rya Tour du Rwanda, yitabye Imana ku myaka 73 azize uburwayi.

Yavutse mu 1952 i Kibangu, mu karere ka Muhanga, aho yanakuriye. Yatangiye gukina umukino w’amagare afite imyaka 27, ndetse yigeze gutangaza ko igare rya mbere yariguze amafaranga 1,000 y’amanyarwanda.

Mu mateka ye y’uyu mukino, Nsengiyumva Bernard yagaragaye muri Tour du Rwanda bwa mbere mu 1988, ariko aza kwegukana iri siganwa bwa mbere mu 2001, mbere y’uko rihinduka mpuzamahanga. Ibi byabaye afite imyaka 49, ibintu bitari bisanzwe ku mukinnyi w’icyo gihe.

Biteganyijwe ko arashyingurwa kuri uyu wa mbere, tariki ya 7 Nyakanga 2025 i Muhanga aho yari atuye.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *