Uwari Umuyobozi w’Inkambi y’impunzi z’Abanye-Congo ya Kiziba, Maombi Louis Mbangutse atangaza ko akemanga ubutabera ahabwa mu Rwanda bitewe n’imigendekere y’urubanza rwe.
Ibi yabitangaje kuwa 27 Gashyantare 2019 ubwo hakomezaga urubanza aregwamo ibyaha birimo ubugome. Aregwa hamwe na bagenzi be ari bo Bakunzi Dusabimana, Semahoro Musabwa, Rurangwa Issa na Mukeshimana.
Aba kandi baregwa gushishikariza imyigaragambyo yabaye umwaka ushize ikagwamo abagera kuri 11 ku ruhande rw’izi mpunzi, igakomerekeramo abashinzwe umutekano barindwi nk’uko Polisi y’u Rwanda yabitangaje.
Maombi yavuze ko yafashwe agafungirwa ahantu ha wenyine ntiyemererwe gusurwa n’abe ndetse akaburanishirizwa mu muhezo, bityo ko ubutabera yahawe abukemanga bityo ko budakwiriye guhabwa agaciro.
Ku rundi ruhande, ubushinjacyaha bwasubije ko kuburana mu muhezo biteganywa n’itegeko kandi muri iryo buranisha nta burenganzira bwe yabujijwe.
[penci_related_posts dis_pview=”no” dis_pdate=”no” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” withids=”” displayby=”recent_posts” orderby=”rand”]
Maombi Mbangutse yavuze ko harebwa ikitwa ‘Jurisprudence’ we na bagenzi be bakarekurwa nk’uko byagenze kuri Diane Rwigara. Iyi ni ingingo ubushinjacyaha bwateye utwatsi buvuga ko izi ari imanza ebyiri zidasa.
Biteganyijwe ko uru rubanza ruzasomwa kuwa tariki 05 Werurwe 2019.
Source: Umuseke.rw


