Uwo perezida Kabila yahisemo ngo azamusimbure arashinjwa gutera inkunga inyeshyamba

Sangiza iyi nkuru

Uwahoze ari Visi minisitiri w’Intebe akanaba minisitiri w’umutekano wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Emmanuel Ramazani Shadary, Perezida Kabila aherutse guhitamo ngo azamusimbure mu kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu, arashinjwa kuba yarateye inkunga umutwe w’inyeshyamba.

Inkuru y’ikinyamakuru cyo mu Bufaransa, Mediapart, yo kuwa 11 Kanama yahishuye ko bwana Ramazani Shadary yabaye umuterankunga w’umutwe wa Ma௠Ma௠Malaika, ufite ibirindiro ahitwa Kabambare mu Ntara ya Maniema, kugeza byibuze muri Mata 2016.

Amakuru y’iki kinyamakuru avuga ko uyu mugabo wahoze ari minisitiri w’umutekano yateye inkunga y’amafaranga uyu mutwe ndetse akajya anagira abayobozi bawo inama mu bya politiki. Mediapart kandi ivuga ko hari n’abandi banyapolitiki bo muri Congo benshi barema imitwe yitwara gisirikare ikorera inyungu zabo za politiki n’iz’ubukungu.

Abantu babiri baherutse kwicwa kuri uyu wa Mbere abandi bane barashimutwa mu gitero cyagabwe ku modoka ahacukurwa amabuye y’agaciro n’ikigo Banro Corp. Inyeshyamba za Malaika zikorera mu ishyamba rya Tubangoyi muri Maniema zatunzwe urutoki, mu gihe abibasiwe n’iki gitero bari abagnenzi bari batwawe n’umushoferi wa Banro. Abantu bane bashimuswe ngo bakaba ari abashoferi n’abasirikare bari baherekeje izi modoka.

Iki kigo cy’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro cya Banro Corporation ngo gitambutse ibihe bikomeye by’ubukungu kimazemo imyaka myinshi bitewe n’ibitero by’inyeshyamba byagiye bikibasira.

Isano ya hafi rya Ramazani Shadary n’inyeshyamba

Iyi nkuru irakomeza ivuga ko ibitero byinshi byibasiye iki kigo mpuzamahanga, mu ntangirro za 2017 abashinzwe umutekano muri iki kigo ngo bakaba baragabweho igitero umupolisi umwe agapfira mu mirwano.

Muri Werurwe muri uwo mwaka, abakozi batanu ba Banro Corp. barashimuswe, barimo Umufaransa umwe, baza kurekurwa nyuma y’amezi atatu. Muri Nyakanga na none, abashoferi bagera muri 20 bakomoka muri Tanzania bakorera ikigo cy’ubwikorezi gikorana na Banro nabo barashimuswe.

Ibinyujije ku rukuta rwayo rwa twitter, perezidansi y’u Bufaransa yatangaje ko perezida Emmanuel Macron yashimye ubufatanye bwa Guverinoma ya Congo n’abandi bayobozi b’ibanze ku ruhare rwabo mu gutuma abari bashimuswe barekurwa. Amakuru akavuga ko Emmanuel Ramazani wari minisitiri w’umutekano ari we wayoboye imishyikirano n’izo nyeshyamba yatumye aba bantu barekurwa.

Ku ruhande rwayo nk’uko iyi nkuru isoza ivuga, Sosiyete sivile ya Maniema ivuga ko ntacyo izi ku birego bya Mediapart, ariko ikemeza isano rya hafi rya Shadary n’inyeshyamba ariko na none ikanemeza umubao mwiza hagati ye n’iki kigo cya Banro.

Nk’uko byemezwa n’umuyobozi w’iyi sosiyete sivile, Stéphane Kamundala, yemeza ko inkuru ya Mediapart itavuga umubano wa Shadary na Banro Corp, aho yemeza ko bari bafitanye umubano mwiza.

Ati: “ Ibirego byose abaturage baregaga Banro byahagarikwaga n’uwari minisitiri Shadary n’abayobozi. Ni ibintu bitangaje cyane .”

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *