Umusaza watoje ikipe nka Manchester United yo mu Bwongereza, Louis Van Gaal yatangaje ko atazongera gutoza umupira w’amaguru cyangwa ngo akore ibijyanye na wo.
Mu kiganiro yagiranye na televiziyo yo mu Buholandi, Dutch TV, Van Gaal yagize ati:
“Ubu nasezeye mu mupira w’amaguru. Nta gahunda mfite ijyanye na wo, habe no gusesengura ku mateleviziyo. Nasezeranyije umugore wange ko nzareka uyu murimo mfite imyaka 55 ariko ndinze ngeza kuri 65 kandi we amaze imyaka 22 yarasezeye ku mirimo yakoraga kubera ko byasabaga ko tujyana aho ngiye gutoreza.”
Mu myaka 27 amaze atoze, Van Gaal yatoje amakipe nka: Ajax Amsterdam 1991-1997, FC Barcelona 1997-2000,2002-2003, ikipe y’igihugu y’ubuholandi, AZ Alkmaar, Bayern Munich na Manchester United 2014-2016. Muri aya makipe yose, yatwayemo ibikombe 20.
Tubibutse ko uyu mutoza w’Umuholandi yagiye muri Manchester United asimbuye David Moyes w’Umunya-Scotland. Ava muri iyi kipe, yasimbuwe na Jose Mourinho.


