Abategetsi ba Venezuela bavuga ko bataye muri yombi Abanyamerika batatu, Abanya-Espagne babiri n’umuturage umwe wa Czech bakekwaho umugambi wo guhungabanya umutekano w’igihugu .
Minisitiri w’Umutekano w’imbere mu gihugu, Diosdado Cabello, yavuze ko n’intwaro amagana nazo zafashwe, kandi ko abafunzwe barimo gutegura umugambi wo kwica perezida wa Venezuela, Nicolás Maduro n’abandi bayobozi bakuru.
Bibaye nyuma y’iminsi ibiri Washington ifatiye ibihano abayobozi 16 bo muri Venezuela bafitanye isano ya hafi na Perezida Maduro, nyuma yo gutsinda amatora atavugwaho rumwe muri Nyakanga.
Guverinoma ya Venezuela yavuze ko Abanya-Espagne bafunzwe bafitanye isano n’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubutasi cya Madrid (CNI).
Icyakora, amakuru aturuka muri Guverinoma ya Espagne agera ku itangazamakuru ryaho avuga ko bombi atari abo mu mutwe w’ubutasi.
Kuri uyu wa Gatandatu, mu kiganiro n’abanyamakuru, Cabello yagize ati: “CIA iyoboye iki gikorwa, kandi ibyo ntibidutangaza ariko bo, Ikigo cy’igihugu gishinzwe iperereza muri Espagne, bakomeje kugenda gahoro bazi ko CIA ikorera muri kariya gace. “Aba bagororwa bombi ndetse batubwira iby’itsinda ry’abacanshuro bashaka kuzana muri Venezuela bafite intego zisobanutse zo kwica Perezida Nicolas Maduro, Visi Perezida Delcy Rodriguez, njye ubwanjye, n’irindi tsinda rya bagenzi bacu bayobora ishyaka ryacu na revolution yacu. ”
Amerika yateye utwatsi ibyo birego. Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ivuga ko “ibirego byose bivuga ko Amerika yagize uruhare mu mugambi wo gushaka guhirika Maduro ni ibinyoma rwose”, nk’uko bivugwa na Minisiteri y’ububanyi n’amahanga, ivuga ko Washington “ikomeje gushyigikira igisubizo cya demokarasi mu kibazo cya politiki muri Venezuela”.
Ifatwa rije mu gihe habaye amakimbirane hagati ya guverinoma ya Maduro, iya Amerika na Espagne.
Cabello yavuze ko Abanya-Espagne bafungiwe muri Puerto Ayacucho, mu majyepfo y’umurwa mukuru Caracas. Abategetsi ba Espagne basabye amakuru yisumbuye kuri Venezuela, mu gihe Ambasade ya Espagne isaba ko yagera kuri abo bafunzwe.


