VIDEO – Rulindo: Ikirombe kigwiriye abantu 10 bamwe bahita bapfa

Sangiza iyi nkuru

Mu karere ka Rulindo,umurenge wa Cyinzuzi mu kagari ka Budakiranya,umudugudu wa Kamatongo ikirombe kigwiriye abantu 10 bane bavamo bajyanywe kwamuganga abandi 6 bakaba bakirimo.

Iki kirombe amakuru BWIZA ihabwa n’abantu bari bahari ni uko cyabaridukiye kuri uyu wa 24/6/2024 saa tanu z’amanywa,ariko kugeza magingo aya hakaba hari gushakishwa uko aba 6 bakirimo bahabwa ubutabazi.

Benda Theophile,Gitifu w’umusigire w’umurenge wa Cyinzuzi yemereye aya makuru BWIZA avugako aba bantu bacukuraga mu kirombe mu buryo butemewe n’amategeko aho yaboneyeyeho no kugenera ubutumwa abaturage.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *