Visi Perezida w’u Buhinde yunamiye inzirakarengane zishyinguye ku Gisozi (Amafoto)

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa 20 Gashyantare 2017, Visi Perezidaw’u Buhinde Shri M Hamid Ansari yasuye urwibutso rwa Gisozi rushyinguwemo imibiri y’abazize jenoside yo muri Mata 1994, aho yabashije kwibonera amwe mu mateka yaranze u Rwanda mu bihe byashize.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
c5gleqwwmaeeokw

 Shri M Hamid Ansari yasobanuriwe amwe mu mateka yaranze Jenoside yo mu Rwanda 1994
Shri M Hamid Ansari yasobanuriwe amwe mu mateka yaranze Jenoside yo mu Rwanda 1994

Mu butumwa yatanze, uyu muyobozi yasabye abanyarwanda gukomeza kurangwa n’imbaraga mu kubaka igihugu binyuze mu bumwe n’ubwiyunge nk’uko babitangiye.
Uyu muyobozi kandi yasuye ibice bitandukanye bigaragaza amateka ya Jenoside
Uyu muyobozi kandi yasuye ibice bitandukanye bigaragaza amateka ya Jenoside

Yanavuze ko ibyo yiboneye azabizirikana ku giti cye ndetse akanabigeza ku baturage bo mu gihugu cye yari ahagarariye.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
c5grc4awiaefe0j
Uyu muvobozi Shri M Hamid Ansari ari mu Rwanda guhera ku mugoroba wo kuri iki cyumweru tariki ya 19 Gashyantare, iki kikaba ari kimwe mu bikorwa bikubiye mu butumwa be mu Rwanda aho agomba no gusura kaminuza y’u Rwanda, Sena n’ibindi.
Mu butumwa yageneye Abanyarwanda, Shri M Hamid Ansari yabasabye gukomeza inzira batangiye y'ubumwe n'ubwiyunge
Mu butumwa yageneye Abanyarwanda, Shri M Hamid Ansari yabasabye gukomeza inzira batangiye y’ubumwe n’ubwiyunge

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengimana@Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *