Umutwe w’abacancuro wa Wagner PMC wohereje amagana y’abarwanyi muri Repubulika ya Centrafrica kugira ngo bazafashe inzego zo muri iki gihugu kurinda umutekano w’amatora ya kamarampaka ku ihindurwa ry’Itegekonshinga.
Ihuriro ry’Abarusiya rigenzura imikorere ya Wagner muri Centrafrica, OUIS (Officers’ Union for International Security) ryatangarije kuri Telegram ko aba “barimu b’inararibonye” basimbuye bagenzi babo bari basanzwe bakorera muri iki gihugu.
OUIS yagize iti: “Indi ndege yagejeje i Bangui abarimu kugira ngo bakorane na Repubulika ya Centrafrica. Isimbura ryateguwe rirakomeje. Amagana y’abanyamwuga b’inararibonye b’ikigo cya Wagner bari gusanga bagenzi babo muri CAR. Bazakomeza gukorana n’inzego z’umutekano zo muri CAR mu kurinda umutekano w’itora rya kamarampaka riteganyijwe tariki ya 30 Nyakanga.”
Umuvugizi w’ibiro bya Perezida wa Centrafrica, Albert Yaloke Mokpem, kuri uyu wa 17 Nyakanga 2023 yahamirije ibiro ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, ko koko aba barwanyi bageze mu gihugu cyabo, mu rwego rwo gusimbura bagenzi babo, gusa yemeranya na OUIS ko bazanarinda umutekano w’iri tora.
Mokpem yagize ati: “Buri mwaka habaho gusimburana. Bamwe baragenda, abandi bakazana ibikoresho, kandi babikora mu nzego zose, mu gisirikare no mu bayobozi. Bari hano kandi kugira ngo bazarinde kamarampaka y’Itegekonshinga.”
Aba barwanyi baje mu gihe mu kwezi gushize byavuzwe ko abenshi muri bo bavuye muri Centrafrica, bajya gufasha bagenzi babo bari bigumuye ku butegetsi bw’u Burusiya. Ni mu gihe kandi muri Centrafrica hatangiye imyigaragamyo yamagana ihindurwa ry’Itegekonshinga, ryitezweho gufasha Perezida Faustin-Archange Touadéra kuyobora manda ya gatatu.



One Response
Wagner yohereje abarwanyi benshi muri Centrafrica
Ark buriya ntibari kutuyobya ducunze nez uti kuberiki” congo Kinshasa ifite abarwanyi ba Wagner bashaka guhungabanya umutekano w’urwanda kd centre Africa naho nukutuzenguruka gusa impuguke zigadusobanurira ibyizingendo kuko ntabwo njyewe nshyira amakenga