Carte Walikale2

Walikale: Habaye imirwano ikaze nyuma y’igitero cya wazalendo kuri AFC/M23

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 27 Ukuboza, imirwano ikaze yadutse hagati y’inyeshyamba za AFC / M23 na Wazalendo muri Ihula, muri Gurupoma ya Kisimba iherereye muri Teritwari ya Walikale, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Nk’uko amakuru aturuka muri Gurupoma ya Kisimba abitangaza, ngo inyeshyamba za Wazalendo zateye ibirindiro by’inyeshyamba za AFC/M23 ahagana mu ma saa kumi za mu gitondo. Imibare yerekana ko abasivili batatu bakomerekejwe n’amasasu, kandi abaturage benshi bahungira mu gihuru.

Abakomeretse bajyanywe i Kalembe kugira ngo bavurwe nk’uko inkuru dukesha ACTUALITE.CD ivuga.

Umunyamabanga wa Gurupoma ya Kisimba avuga ko Wazalendo yavuye muri Ihula nyuma y’imirwano, umujyi ukaba ukomeje kugenzurwa n’inyeshyamba za AFC / M23.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *