Joseph-Kabila-3

Washington: Kabila yitabaje urukiko nyuma y’ibihano yafatiwe na Amerika

Sangiza iyi nkuru

Uwahoze ari Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC), Joseph Kabila, yafashe inzira z’amategeko arwanya ibihano yafatiwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Mata 2026 ashinjwa guha inkunga y’amafaranga n’ibikoresho umutwe wa AFC/M23, aho yatanze ikirego mu rukiko rwo ku rwego rw’igihugu i Washington.

Mu kirego yatanze mu ntangiriro za Kanama, kikaba cyarasuzumwe na RFI, asaba kuvanwa ku rutonde rw’abafatiwe ibihano n’ikigo cya OFAC (Office of Foreign Assets Control), ishami rya Minisiteri y’Imari ya Amerika rishinzwe gushyira mu bikorwa ibyo bihano.

Muri icyo kirego cye kigizwe n’amapaji cumi n’atandatu, Joseph Kabila wayoboye DRC kuva mu 2001 kugeza mu 2019, ahakana yivuye inyuma ibirego bya Leta ya Amerika.

Abamwunganira mu mategeko bavuga ko icyemezo cyafashwe na OFAC mu mpera za Mata gishingiye ku mvugo “ziri aho” kandi “zidafite ishingiro,” zidafitiwe ibimenyetso na bike bifatika.

Washington ishinja by’umwihariko Joseph Kabila gutera inkunga umutwe wa Alliance Fleuve Congo (AFC), gushishikariza abasirikare ba Congo guta igisirikare, no kuba umwaka ushize yaragiye gutura i Goma, aho acungiwe umutekano n’umutwe w’inyeshyamba ugenzura igice kinini mu burasirazuba bw’igihugu.

Abamwunganira bavuga ko nta mafaranga yoherejwe cyangwa abasirikare bashishikarijwe guta akazi byigeze bigaragazwa neza muri iyi dosiye.

Banagaragaza ko, mu gihe Joseph Kabila yayoboraga igihugu, Ingabo za Congo zatsinze uwo mutwe wa M23 mu 2013.

Kuri Joseph Kabila, ibihano bya Amerika ni ugusubiramo gusa ibivugwa n’abo bahanganye muri politiki i Kinshasa, bikaba byarabaye nyuma y’uko Urukiko rwa Gisirikare rwa Congo rumukatiye igihano cy’urupfu adahari mu kwezi kwa Nzeri umwaka ushize.

Mu kujyana Minisiteri y’Imari mu nkiko za Amerika, uyu wahoze ari umukuru w’igihugu ashaka ko ibihano byo gufatira imitungo ye bikurwaho ndetse n’ishusho ye ikongera kugaragara neza ku rwego mpuzamahanga.

Mu bitangazamakuru byo muri Congo, iki gikorwa cyo mu nkiko gifatwa nk’uburyo bwa Joseph Kabila bwo kureba icyo Washington ishobora kugaragaza nk’ibimenyetso bifatika.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply