20221115_175307.jpg

Yaciye ibintu kubera amashusho y’ubwambure bwe yavuze ko ari ku karubanda (Amafoto)

Sangiza iyi nkuru

Umukobwa wiyita @Asiimwe1900 ku rubuga rwa Twitter, akomeje guca ibintu ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo gutangaza ko hari amashusho y’ubwambure bwe aheruka gushyirwa ku karubanda.

Uyu mukobwa bivugwa ko ari uw’i Mbarara mu gihugu cya Uganda, amaze iminsi ibarirwa muri itatu yarabiciye ku mbuga ziganjemo urwa Twitter kubera ayo mashusho.

Bigitangira yanditse kuri Twitter asaba abarengaho gato 1,000 bamukurikiraga kudaha agaciro amashusho y’ubwambure bwe yavugaga ko yari yamwitiriwe.

Ni ubutumwa bwakurikiwe n’ubundi bwe butandukanye bwabaga bukurikiwe n’amafoto ye yuje uburanga budasanzwe.

Muri ubwo butumwa harimo ubwo yanditse ku wa Mbere w’iki cyumweru ashima abamufashe mu mugongo, nyuma y’ayo mashusho, arahirira kutazongera kwizera abagabo ukundi.

Ati: “Ndashimira buri umwe ku bw’ubutumwa bumpumuriza, reka twibagirwe iby’ahahise biri muri iriya videwo. Cyakora sinzongera kwizera abagabo ukundi.”

Uko Asiimwe yatambutsaga ubu butumwa ni na ko ibintu byari byacitse mu bakoresha urubuga rwa Twitter, cyane abo mu bihugu bya Uganda n’u Rwanda.

Konti za Twitter za bamwe mu Banyarwanda zagiye zitambutsa ubutumwa bubaza niba hari uwaba yabonye amashusho y’uriya mukobwa, abandi bagasaba bagenzi babo kubakurikira, gukunda ubutumwa bwabo, kubukorera Retweet no kubandikira mu gikari kugira ngo babasangize ariya mashusho.

Umuco wo guhererekanya amashusho y’urukozasoni ni umwe mu yeze cyane mu rubyiruko rukoresha imbuga nkoranyambaga, ibyanatumye hari abinginga bagenzi babo babasaba ko babaha amashusho y’uriya mwana w’umukobwa na bo bakihera ijisho.

Kugeza ubu nta wuzi niba koko amashusho y’ubwambure bwa Asiimwe yarashyizwe ku karubanda, n’ubwo hari ayamwitiriwe bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga bakomeje kugenda bahererekanya.

Nyirubwite mu butumwa yanditse kuri Twitter kuri uyu wa Kabiri cyakora cyo yahakanye ko nta mashusho ye ahari.

Ati: “Nta videwo ihari! Ntihagire ubabeshya! Abakobwa bo muri Uganda bariyubaha!”

@Asiimwe1900 yaba yitwaje amashusho y’ubwambure bwe nk’agatwiko

Asiimwe akomeje kwigarurira imbuga nkoranyambaga, mu gihe bizwi ko hari abitwaza ko hari amashusho y’ubwambure bwabo yagiye hanze nk’iturufu yo kugira ngo bavugwe cyane.

Ikindi hari ababyitwaza mu rwego rwo kureshya rubanda rukoresha imbuga nkoranyambaga kugira ngo babiteho (attention).

Urugero nko mu minsi ishize umuhanzikazi nyarwanda Bwiza Emerance byavuzwe ko hari amashusho ye yashyizwe hanze ari gukora imibonano mpuzabitsina, gusa nyuma biza kugaragara ko kari agatwiko kuko icyari kigamijwe ari ukumenyekanisha indirimbo ‘Rumours’ yiteguraga gushyira hanze.

Ibyabaye kuri uyu muririmbyi umuntu yanabihuza n’ibya Asiimwe, kuko mu gihe cy’iminsi itageze kuri itatu Konti ye ya Twitter yahise iva ku bayikurikira bari munsi y’ibihumbi bibiri bakagera ku 18,000.

20221115_175307.jpg

20221115_180715.jpg

20221115_180657.jpg

20221115_180739.jpg

Soma Izindi Nkuru

6 Responses

  1. Yaciye ibintu kubera amashusho y’ubwambure bwe yavuze ko ari ku karubanda (Amafoto)
    Arabimert
    Mumureke yifatukwashaka

  2. Yaciye ibintu kubera amashusho y’ubwambure bwe yavuze ko ari ku karubanda (Amafoto)
    Arabimert
    Mumureke yifatukwashaka

  3. Yaciye ibintu kubera amashusho y’ubwambure bwe yavuze ko ari ku karubanda (Amafoto)
    NIYAMAMAZE IMARI YE NIKO ABYUMVA

  4. Yaciye ibintu kubera amashusho y’ubwambure bwe yavuze ko ari ku karubanda (Amafoto)
    NIYAMAMAZE IMARI YE NIKO ABYUMVA

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *