Ikipe ya Yanga Africans yaraye yegukanye igikombe cy’irushanwa rya Mapinduzi Cup, nyuma yo gutsinda Simba Sports Club bari bahuriye ku mukino wa nyuma kuri penaliti 4-3.
Ni nyuma y’uko iminota isanzwe y’umukino yari yarangiye rwabuze gica hagati y’amakipe yombi, dore ko yanganyaga 0-0.
Abanyarwanda; Meddie Kagere na Haruna Niyonzima bari babanje mu kibuga yemwe bose bayoboye amakipe yabo (ba Kapiteni).
Nyuma yiminota itandatu yonyine umukino utangiye, Miraji Athuman wa Simba yahushije igitego ku ishoti rikomeye yarekuye rigonga umutambiko w’izamu.
Byari mbere y’iminota itatu ngo Umurundi Saidi Ntibanzonkiza ahe umupira mwiza Michael Sarpong wananiwe gufungurira Yanga amazamu.
Uyu Sarpong yongeye guhusha ikindi gitego ku munota wa 25, ku mupira uremereye yarekuye ukurwamo n’umuzamu Beno Kakulanya wa Simba.
Simba yahushije igitego biciye kuri Francis Kahata ku munota wa 38, mbere y’uko Sarpong yongera kurekura ishoti rikomeye umupira ukajya hanze.
Mbere y’uko igice cya kabiri cy’umukino gitangira Kaze Cedric utoza Yanga yakoze impinduka zirimo Adeyun Salehe wasimbuwe na Paul Godfrey na Sarpong wasimbuwe na Waziri Junior, mu gihe umutoza mukuru w’agateganyo wa Simba, Seleman Matola, yasimbuje Hassan Dilunga wari wavunitse agasimburwa na Chris Mugalu, na ho Miraji Athuman aha umwanya Ibrahim Ajibu.
Ku munota wa 47 Haruna Niyonzima yateye ishoti rikomeye ku mupira yari akatiwe na Kisinda ufatwa na Kakolanya, mu gihe coup Franc yo ku munota wa 54 ya Ntibazonkiza yaguye mu ntoki z’umuzamu wa Simba.
Nyuma yo kurangiza iminota 90 nta kipe ishoboye kubona igitego, hiyambajwe za Penaliti maze Yanga yinjiza 4 kuri 3 za Simba.
Penaliti za Yanga zinjijwe na Tuisila Kisinda, Abdallah Shaibu ‘Ninja’, Zawadi Mauya na Said Ntazobonkiza, mu gihe Umukongomani Tonombe Mukoko yayihushije.
Iza Simba zo zinjijwe na Francis Kahata, Chris Mugalu na Gadiel Michael; mu gihe Meddie Kagere na Joash Onyango bazihushije.









