Yasanzwe yarahishe umurambo wa nyina muri firigo imyaka 10

Sangiza iyi nkuru

Igipolisi cyo mu Buyapani cyataye muri yombi umugore nyuma yo gusanga umurambo wa nyina muri firigo mu nzu yabagamo.

Uyu witwa Yumi Yoshino, w’imyaka 48, yavuze ko yasanze nyina yapfuye agahisha umurambo we mu myaka 10 ishize kuko atashakaga kuva mu rugo rwabo I Tokyo babanagamo.

Aya makuru yatangajwe n’ibinyamakuru byo muri iki gihugu biyakesha igipolisi nk’uko bitangazwa na BBC.

Igipolisi cyatangaje ko ku murambo wakonjeshejwe imyaka igera ku 10 nta bikomere bigaragaraho, mu gihe abayobozi batabashije guhita bamenya igihe n’impamvu yateye urupfu rwe.

Biravugwa ko uyu murambo wavumbuwe n’ushinzwe gukora amasuku nyuma y’aho Yoshino asohorewe muri iyi nzu yabagamo bitewe no kubura ubukode.

Umurambo ukaba wari warakunjwe kugirango ukwirwe neza muri firigo nk’uko igipolisi kibitangaza.

Yoshino we yafatiwe muri imwe mu mahoteli yo mu Mujyi wa Chiba, wegereye Tokyo, kuri uyu wa Gatanu nk’uko iyi nkuru isoza ivuga.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *