tanzania-2.jpg

Yasuzuguwe n’abagabo bakoranye, ubu ni Perezida wa Tanzania – Amateka ya Samia Suluhu

Sangiza iyi nkuru

Samia Suluhu Hassan wavutse ku itariki 27 Mutarama 1960, ni umunyapolitiki wo muri Tanzania ubaye perezidawa gatandatu wa Tanzania. Ni umuyoboke w’ishyaka CCM (Chama Cha Mapinduzi) riri ku butegetsi kuva igihugu cyabona ubwigenge. Niwe mugore wa gatatu ugeze mu mwanya wo hejuru mu bihugu bigize umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) nyuma ya Sylvie Kinigi mu Burundi na Agathe Uwilingiyimana mu Rwanda, ndetse niwe mugore wa mbere ubaye Perezida wa Tanzania, aho yatangiye imirimo ye ku itariki 19 Werurwe 2021 nyuma y’urupfu rwa Perezida John Pombe Magufuli.

Uyu mugore wavukiye muri Zanzibar, yabaye minisitiri muri iki kirwa gifite ubwigenge bucagase ku buyobozi bwa Perezida Amani Karume. Yabaye kandi umudepite uhagarariye Makunduchi kuva mu 2010 kugeza mu 2015, aba Umunyamabanga wa leta mu biro bya visi perezida kuva mu 2010 kugeza mu 2015. Mu 2014 yatorewe kuba visi perezida w’inteko ishinga amategeko ashingwa gutegura umushinga w’itegeko nshinga rishya ry’igihugu.

Suluhu yaje kuba umugore wa mbere wagizwe Visi Perezida wa Tanzania nyuma y’amatora yo mu 2015 atorewe ku itike ya CCM iruhande rwa Magufuli. Suluhu na Magufuli bongeye gutorerwa manda ya kabiri mu 2020.

tanzania-2.jpg

Ubuzima bwe

Nk’uko twabivuze haruguru, Samia Suluhu yavutse kuwa 27 Mutarama 1960 avukira Makunduchi, umujyi ushaje wo ku Kirwa cya Unguja, muri Zanzibar. Izina rye Suluhu, risobanura “Igisubizo” mu Kinyarwanda.

Amashuri yisumbuye yayarangije mu 1977 ahita atangira akazi. Bidatinze yagiye afata amasomo magufi ayabangikanya n’akazi. Mu 1986, yasoje amasomo ye ajyanye na Public Administration muri Institute of Development Management kuri ubu yitwa Kaminuza ya Mzumbe.

Hagati y’1992 na 1994, yakomereje amasomo muri kaminuza ya Manchester ahakura impamyabumenyi mu bijyanye n’ubukungu. Mu 2015, yabonye impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu bijyanye n’iterambere ry’ubukungu muri gahunda y’ubufatanye hagati ya Kaminuza ya Tanzania na Kaminuza ya New Hampshire y’Amajyepfo yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Imirimo yakoze

Akimara gusoza amashuri yisumbuye, Suluhu yabonye akazi muri minisiteri y’igenamigambi n’iterambere nk’umwanditsi. Amaze gusoza amasomo ajyanye na public Administration, yahawe akazi mu mushinga waterwaga inkunga n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Biribwa (WFP).

Suluhu muri Politiki

Mu 2000, nibwo Suluhu yafashe icyemezo cyo guhatanira umwanya mu butegetsi. Yatorewe umwanya udasanzwe mu nteko ishinga amategeko ya Zanzibar ndetse ahita agirwa minisitiri na Perezida Amani Karume. Niwe mugore wari mu mwanya wo hejuru muri guverinoma ndetse abagabo bagenzi be bakajya bamusuzugura kuko yari umygore. Yaje kongera gutorwa mu 2005 yongera kugirwa minisitiri ahandi hantu.

Mu 2010, yagiye guhatanira umwanya mu nteko ishinga amategeko ahagarariye akarere avukamo ka Makunduchi atsinda ku majwi asaga 80%. Perezida Jakaya Kikwete yamugize umunyamabanga wa leta ushinzwe ibibazo byo kwishyira hamwe. Mu 2014, yatorewe kuba visi chairperson w’Inteko Ishinga Amategeko ashingwa gutegura umushinga w’itegeko nshinga rishya.

Muri Nyakanga 2015, umukandida w’ishyaka CCM, John Pombe Magufuli yaramutoranyije ngo biyamamazanye mu matora yo muri uyu mwaka, aba umugore wa mbere wiyamamazanyije n’umugabo mu mateka y’iri shyaka, ku itariki 05 Ugushyingo 2015 ahita anatorerwa kuba visi perezida wa mbere w’umugore mu mateka ya Tanzania nyuma y’intsinzi ya John Pombe Magufuli. Aba bombi bongeye gutorerwa manda ya kabiri ku itariki 28 Ukwakira 2020.

ccm8.jpg

Ku itariki ya 17 Werurwe 2021, nibwo Suluhu yatangaje bwa mbere urupfu rwa Perezida Magufuli avuga ko yazize uburwayi yari amaranye igihe kirekire nyuma y’uko yari amaze iminsi atagaragara mu ruhame kuva mu mpera za Gashyantare. Yarahiye nk’umusimbura we ku itariki 19 Werurwe 2021, aho biteganyijwe ko agomba gusoza manda ya kabiri y’imyaka itanu ya Magufuli.

Gutangira imirimo ye mishya bisa nk’ibyatinze gato nubwo itegeko nshinga rya Tanzania rivuga byeruye ko visi perezida, agomba kubanza kurahira mbere gufata inshingano, bituma abayobozi batavuga rumwe n’ubutegetsi bagaragaza impungenge z’uko “icyuho” gishobora kubaho bitewe n’uko itariki ya 18 Werurwe yari irenze Suluhu atarahiye.

skynews-tanzania-samia-suluhu-hassan_5310435.jpg

Nyuma yo kurahira kwe, Suluhu yabaye umugore wa mbere ubaye Perezida wa Tanzania, aba Umunyatanzaniya uvuka muri Zanzibar wa kabiri wari ugeze kuri uyu mwanya, ndetse aba umusilamu wa gatatu nyuma ya Ali Hassan Mwinyi na Jakaya Kikwete wari ugeze kuri uyu mwanya. Uyu kandi kuri ubu ni umwe mu bagore babiri bayoboye ibihugu muri Afurika, iruhande rwa Sahle-Work Zewde, Perezida wa Ethiopia.

Nk’uko biteganywa n’itegeko nshinga, kuva yaragiye ku butegetsi uwo yasimbuye yari asigaje imyaka irenga itatu ya manda ye, naramuka arangije iyi manda azaba yemerewe gusa kongera kwiyamamaza inshuro imwe.

Ubuzima bwe bwite

screenshot-2021-03-21-170728.jpg

Mu 1978, Suluhu yashakanye na Hafidh Ameir, wari umuyobozi mu rwego rw’ubuhinzi, wagiye mu zabukuru mu 2014. Babyaranye abana bane. Umukobwa we Wanu Hafidh Ameir yavutse mu 1982, mu gihe umwana wa kabiri, ari mu mwanya udasanzwe mu inteko ishinga amategeko ya Zanzibar.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *