Yikase amaguru yombi ngo ahabwe ubwishingizi ahubwo akatirwa gufungwa imyaka ibiri

Sangiza iyi nkuru

Umugabo wo muri Hongiriya witwa Sandor Cs w’imyaka 54, yishoye muri gariyamoshi mu 2014, acibwa amaguru abiri mu byavuzwe ko yari agamijwe guhabwa amafaranga y’ubwishingizi, ariko ubu yakatiwe gufungwa imyaka ibiri.

Uyu mugabo urukiko rwa Pest Central kuwa 9 Ugushyingo, rwanzuye ko ari we wicishije amaguru gamijwe guhabwa £2,400,000 (Frw 3,281,956,204,8) y’ubwishingizi. Nyuma yo kugongwa na gariyamoshi, amaguru yombi ye yakatiwe mu mavi, akoresha amaguru atari aye ubundi akagendera mu kagare.

Kompanyi y’ubwishingizi yanze kwishyura Sandor amafaranga yavuzwe haruguru ubwo umugore we yagiye kuyasaba kuko bikekwa ko kugongwa na gariyamoshi ari we wabishakaga.

Uyu muturage wo mu cyaro cyitwa Nyircsaszari ngo hari abamubwiye ko yabikora gutyo ko ubwishingizi ari bwo bwamukiza vuba kurusha kwizigamira.

Iperereza rimaze umwaka, ryatumye Sandor afungwa imyaka ibiri ndetse ategekwa kwishyura £4,725 ajyanye n’izo manza yashoyemo kompanyi.

Sandor Cs akimara gukatirwa icyo gihano yavuze ko atacyemeye, ko urukiko rwirenganyije ko yanyerejwe n’ibyatsi, akagwa mu muhanda wa gariyamoshi igenda, bityo ikamugonga.

Yavuze ko azajurira. Ati ” Umwanzuro w’urukiko ni agahomamunwa, mu by’ukuri si ibi nari niteze. Birantangaje. Ndarengana, ibi ngomba kubikurikirana kugeza birangiye, si byo kandi n’urukiko rugomba kubyumva gutyo.”

Mbere y’iri sanganya, Sandor yakoraga mu rwego rw’ingufu haba muri Hongiriya no hanze yaho.

Ibinyamakuru binyuranye byo muri icyo gihugu bivuga ko ubu Sandor yatangiye kwiga amategeko muri kaminuza, ngo arwanye ako karengane gakorwa na kompanyi zikomeye.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *