Ikipe ya Young Africans yo mu gihugu cya Tanzania, yemeje ko yamaze kwisubiza umunya-Ghana Benard Morrison wakiniraga mukeba wayo Simba Sports Club.
Iyi kipe ikunzwe kurusha izindi muri Tanzania yemeje aya makuru binyuze muri videwo yashyize ku mbuga nkoranyambaga zayo.
Ni videwo yari iherekejwe n’amagambo avuga ko Benard Morrison “yagarutse”.
Uyu munya-Ghana yasinyiye Young Africans amasezerano y’imyaka ibiri nyuma yo gusoza ayo yari afitanye na Simba.
Mu myaka ibiri ni bwo Morrison uzwi nka BM3 yavuye muri Yanga yari imwubakiyeho, yerekeza muri mukeba Simba mu buryo butavuzweho rumwe.
Ni Transfert yazamuye umujinya ku ruhande rwa Young Africans, binatuma itanga ikirego mu nzego zirimo FIFA n’Urukiko rwa CASS ivuga ko uriya munya-Ghana yari akiyifitiye amasezerano.
Izi nzego cyakora cyo zateye utwatsi ikirego cy’iyi kipe iheruka kwegukana igikombe cya shampiyona ya Tanzania ndetse n’icy’igihugu, nyuma yo gusanga nta shingiro gifite.


