Igisirikare cya Sudani cyatuye umujinya Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu gishinja gufasha inyeshyamba za Rapid Support Force (RSF) bamaze igihe bahanganye mu ntambara.
Muri Mata uyu mwaka ni bwo imirwano yadutse hagati y’Ingabo za Sudani n’umutwe witwara gisirikare wa RSF. Kuri ubu abarenga 12,000 bamaze kuyigwamo; mu gihe ababarirwa muri za miliyoni bavuye mu byabo.
Mu kwezi gushize Igisirikare cya Sudani biciye muri General Yasser al-Atta usanzwe ari Umugaba Mukuru w’Ingabo zacyo wungirije, cyamaganye Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu kizita “igihugu cya za mafia” cyahisemo “inzira ya satani”, binyuze mu gushyigikira RSF na General Mohamed Hamdan Daglo uyiyoboye.
Atta yashinje ubwami bw’i Abu Dhabi koherereza RSF intwaro buzinyujije mu bihugu bya Chad, Repubulika ya Centrafrique na Uganda.
Ni umugambi Sudani ivuga ko Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu zinafashwamo n’abacancuro bo mu mutwe wa Wagner umaze igihe ukorera muri Centrafrique.
Usibye Abu Dhabi, Sudani inashinja General Khalifa Haftar wo muri Libya kugira uruhare mu gutuma RSF ibona ibikoresho.
AFP dukesha iyi nkuru yatangaje ko Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu ntacyo zigeze ziyisubiza ubwo yazisabaga kugira icyo zivuga ku birego zishinjwa na Sudani.
Kuva intambara itangiye Sudani yari yarakunze kuburirwa ko hari intwaro Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, u Burusiya na Libya biha RSF, gusa Igisirikare cyayo cyari cyaririnze kugira icyo kibivugaho.
Ni Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu ku ruhande rwazo zakunze kugaragaza ko nta ruhande na rumwe mu zihanganye muri Sudani zibogamiyeho.


