Zambia: Utavuga rumwe n’ubutegetsi arashinjwa kugereranya perezida n’imbwa

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Zambia, kuri uyu wa gatanu mu rukiko yahakanye ibyo aregwa nyuma yo gutabwa muri yombi ashinjwa video yaba avugamo perezida amugereranya n’imbwa.

Chishimba Kambwili, umuyobozi w’ishyaka National Democratic Congress (NDC), yatawe muri yombi kuwa gatatu azira gukwiza video yavuzemo ko “zimwe mu mbwa z’i Chawama zitarambirwa gukora ingendo”.

Chawama ni igice gikennye cy’umurwa mukuru wa Zambiya, Lusaka, aho Lungu yatuye akanahaba umudepite mbere yo kujya ku mwanya wa perezida mu 2015.

Lungu yanakoze ingendo nyinshi mu mahanga muri uku kwezi. Yagiye mu Buhinde, mu Buyapani no mu bindi bihugu by’Afurika kubonana na bagenzi be mu bijyanye n’iterambere.

Kubera izo ngedo byatumye polisi yumva ko Kambwili uwo yanengaga ari Perezida n’ubuyobozi bwe nk’uko iyi nkuru dukesha Ijwi rya Amerika ikomeza ivuga.

Kambwili yabwiye umucamanza Lameck Mwale mu rukiko i Lusaka ati: “Ikirego ndacyumva. Ndagihakana”. Yarekuwe atanze ingwate.

Urubanza rwe ruteganyijwe kuzatangira kw’italiki ya 30 y’uku kwezi gutaha kwa cyenda. Icyaha kiramutse kimuhamye yazahanishwa igifungo cy’imyaka itatu.

Abanyapolitiki batandukanye muri Zambiya, bareze Lungu guhiga abitandukanyije nawe abashinja kwagwa guverinema.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *