Perezida wa Tanzania, John Pombe Magufuli, yavuzweho kuba yarahaye akazi ingabo z’u Burundi ngo zijye guteza akaduruvayo mu birwa bya Zanzibar nyuma y’aho abaturage baho bigaragambirije bamagana ibyavuye mu matora bavuga ko yabayemo uburiganya.
Komisiyo y’igihugu y’amatora muri Tanzania yatangaje ko Hassan Mwinyi w’ishyaka riri ku butegetsi, CCM, ari we Perezida watorewe kuyobora Zanzibar mu gihe amakuru y’ibanze yerekanaga ko Seif Sharif Hamad wo mu ishyaka ACT-Wazalendo, ari we wari uyoboye amatora.
Ibinyamakuru byo muri iki gihugu byatangaje ko muri Zanzibar hari abasirikare bahoherejwe mu rwego rwo kugerageza guhashya abatavuga rumwe n’ubutegetsi.
Amakuru yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga avuga ko abasirikare baturutse mu gihugu cy’abaturanyi cy’u Burundi bishe abaturage benshi. Nibura abantu 10 bapfiriye muri Zanzibar kuva kuwa Mbere w’iki cyumweru dusoza. Hari abavuga ko abapolisi bajugunye imirambo mu nyanja y’u Buhinde nk’uko iyi nkuru dukesha KDRTV ikomeza ivuga.

Hagati aho, Magufuli niwe waje imbere mu matora y’umukuru w’igihugu aherutse kuba kuwa Gatatu ushize, aho yarushije cyane mukeba we wa hafi Tundu Lissu wa Chadema, aho ibyavuye mu matora bya nyuma byatangajwe kuwa Gatanu bivuga ko yagize amajwi 84% mu gihe Tindu Lisu yagize 13%.
Ishyaka CCM riri ku butegetsi kandi ryatsindiye imyanya 200 mu myanya 264 y’abadepite muri Tanzania nk’uko ibya mbere byavuye mu matora bivuga.

Robert Amsterdam, umunyamategeko w’umukandida utavuga rumwe n’ubutegetsi Tundu Lissu yagiye avuga cyane ku mbuga nkoranyambaga asaba amahanga kwivanga mu bibera muri Tanzania. Ku mugoroba wo ku wa Gatatu, Lissu yari yamaze gutangaza ko atazemera ibisubizo.
Ambasade y’Amerika muri Tanzaniya yagaragaje impungenge ku ntsinzi nini ya CCM, ivuga ko hari ibirego byizewe byo kunyereza amajwi muri aya matora.


