Ku wa Kabiri, umuriro w’amashanyarazi wabuze mu Inteko Ishinga Amategeko ya Zimbabwe bituma Perezida Emmerson Mnangagwa avugira ijambo ryari rigenewe abanyagihugu mu mwijima.
Byabaye ngombwa ko uwegereye Perezida afata itoroshi aramumurikira kugirango abashe gusoma mu minota icumi ya nyuma y’ijambo rye. Hashize akanya arangije, umuriro uragaruka.
Ntabwo ari ubwa mbere ibura ry’amashanyarazi rihungabanya ibikorwa bikomeye bya guverinoma nk’uko tubikesha News24.
Ikibazo nk’iki cyanabaye mu imurika ry’ingengo y’imari y’igihugu umwaka ushize.
Perezida w’inteko yasabye imbabazi, yiyemeza gushaka uwaba ari inyuma y’iryo bura ry’umuriro.
Naho Perezida Emmerson Mnangagwa, byumvikana ko yarakaye, yahise asohoka aragenda nyuma y’ijambo rye.


