Zimbabwe: Perezida Mugabe yirukanye uwari umushinjacyaha mukuru wa Repubulika

Sangiza iyi nkuru

Perezida Robert Mugabe wa Zimbabwe mu mpera z’icyumweru gishize yirukanye Umushinjacyaha Mukuru wa repubulika, Ray Goba wari umaze ukwezi n’ibyumweru 2 ashyizwe kuri uyu mwanya.

Perezida Mugabe w’imyaka 93 ntiyigeze atanga impamvu yatumye yirukana uyu mushinjacyaa mukuru mu gihugu wari washyizweho ubwo visi perezida Emmerson Mnangagwa yari akuriye minisiteri yy’ubutabera ari nayo ishinzwe Umushinjacyaha Mukuru.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Urubuga Eyewitness rwo muri Zimbabwe rukaba ruvuga ko uyu Emmerson Mnangagwa ufatwa nk’ushobora kuzasimbura perezida Mugabe nawe yirukanwe ku buyobozi bwa minisitiri y’ubutabera mu ivugurura rya guverinoma ryo kuwa 09 Ukwakira.

Ray Goba yari yashyizwe ku mwanya w’Umushinjacyaha mukuru wa leta kuwa 13 Nzeri.
 
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 
Dennis Ns./Bwiza.com
 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *