Ikipe ya Real Madrid yatangaje ko Zinedine Zidane yagarutse kuba umutoza wayo nyuma y’uko ifashe umwanzuro wo kwirukana Santiago Solari azira umusaruro muke.
Uyu mufaransa agarutsa mu ikipe twakwita ko yamureze nyuma y’iminsi igera kuri 284 afashe umwanzuro wo kwitandukanya nayo. Ibi byatewe no kutumvikana n’umuyobozi w’iyi kipe, Frorentino Perez.
Zidane watangaje nk’umutoza saa 20:00, aratangira imirimo ye kuri uyu wa kabiri mu gitondo. Ikindi kandi, yahawe amasezerano yo gutoza imyaka itatu y’imikino.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Real Madrid bwahisemo kugarura mu rugo uyu mutoza kubera ko iyi kipe yari mu bihe bibi. Kumvikana hagati y’abakinnyi ndetse no kutabona insinzi bigoranye ni bibiri mu bibazo iyi kipe yari ifite.
Zidane yavuye muri Real Madrid kuri 31 Gicurasi, 2018. Yagiye akoze agahigo ko gutwara ibikombe bitatu bya UCL (UEFA Champions League) yikurikiranya. Icyemezo cyo gusezera cyakurikiwe n’icya rutahizamu, Cristiano Ronaldo werekeje muri Juventus.
Abasesenguzi ndetse n’abakunzi b’umupira w’amaguru batangiye kuvuga ko gusezera kw’aba bagabo kuzagira ingaruka mbi kuri Real Madrid. Ese na we ni ko wabibonye?


